Itangazamakuru rikoresheje amajwi riragenda ritera imbere cyane muri iyi minsi mu gihugu cyacu, ama radio aravuka ari nako abanyarwanda bakurikirana ibivugirwa kuri ayo ma radio, tukaba twabakoreye ubushakashatsi ku biganiro bikorwa nayo ma radio bikundwa n’abanyarwanda benshi kandi bingeri zose, Uru rutonde rukaba rwarakozwe aho twagiye tubaza abantu batandukanye ibiganiro bakunda dore uko twaje gukora isesengura.
Uku bikurikiranye rero siko bikunzwe ariko muri rusange uko biri kuri uru rutonde byose birakunzwe cyane nimbaga yabantu batari bake. Dore urwo rutonde;
The city train

Iki kiganiro kikaba kiba kuri city radio ugasanga ahanini gikunzwe n'urubyiruko kubera injyana uyu pacson akina za hip hop cyane. Kikaba kiba kuva kuwa mbere kugeza ku wa gatanu saa cyenda kugeza saa kumi n'ebyiri
The red hot Friday

Iki kiganiro nacyo kiba kuri city radio aho gikorwa na Dj Adams. Iki kiganiro gikunzwe kubera ukunenga k'umuziki nyarwanda gukorwa n'uyu Dj Adams, kikaba kiba kuva saa tanu z'ijoro buri wa gatanu.
Ikiganiro cy'abarezi family

Iki kiganiro kikaba kiba kuri City radio, gikunzwe ahanini kubera abagikora uburyo basetsa harimo nka Kanyombya, Maganya ndetse na Lil Park. kikaba kiba kuva kuwa mbere kugeza kuwa gatanu saa yine.
Zirara zishya

Iki kiganiro kiba kuri flash, kikaba gikunzwe ahanini n'abubatse kubera inama Vestine na Liliane babagira. Kikaba cyo kiba kuwa gatanu saa sita z'ijoro.
What's up schools show

Iki kiganiro kiba ku cyumweru saa saba kugeza saa cyenda hamwe na Mc Py aho atumira abanyeshuri bakaganira ku buzima bwabo. Iki kiganiro kikaba gikunzwe cyane n'urubyiruko kikaba kiba kuri Contact FM.
Isango na muzika

Iki kiganiro gikorwa na Ally Soudi kikaba gikunzwe n'igitsina gore ahanini kikaba kiba ku Isango star buri wa mbere kugeza kuwa gatanu guhera saa cyenda kugeza saa kumi n'imwe n'igice.
Sunday night show
Iki kiganiro kiba ku cyumweru saa mbiri n'igice gikorwa na Ally Soudi, Sandrine ndetse na Claude kikaba gikunzwe kubera kivuga amakuru ya showbiz.
Star forum

Iki kiganiro kiba kuwa gatandatu saa tatu kikaba gikorwa na Bagabo Adolph, Ishaq ndetse na Epa kikaba nacyo gikunzwe n' abatari bake kubera kivuga kuri showbiz kikaba kiba kuri Voice of Africa.
Mtn request line show
Iki kiganiro gikorwa na Sifa Gisabo kikaba ahanini gikuunzwe n'urubyiruko kubera rwisabira indirimbo rukunze. Kikaba kiba kuva kuwa mbere kugera kuwa kane saa tanu n'igice kugera saa saba kikaba kiba kuri Voice of Africa.
K in the a.m

Iki kiganiro kiba guhera saa kumi n'ebyiri kugeza saa yine gikorwa na Mc Tino na Gynty kikaba gikundwa ahanini n'igitsina gabo kubera ijwi ry'uyu mukobwa kikaba kiba kuri KFM.
The Rush hour

Iki kiganiro kiba guhera saa kumi kugeza saa kumi n'imwe gikorwa na Austin na Arthur bakunda kita The double A kikaba gikunzwe cyane kubera uburyo uyu musore yigana abahanzi kikaba nacyo kiba kuri KFM.
Salus relax
Iki kiganiro kiba kuri radio salus kikaba nacyo kivuga kuri showbiz kikaba kicaho saa tatu ku cyumweru
Amakuru kuri radio Rwanda
Iki kiganiro gukunzwe cyane cyane n'abakuze kikaba kiba saa moya buri munsi
Amakuru ya BBC
Iki kiganiro kiba buri munsi saa kumi n'ebyiri kikaba nacyo gikunzwe n'abakuze kikaba kigira n'ikinamico urunana.
Ikinamico kuri radio Rwanda
Iki kiganiro kiba kuwa kabiri saa mbiri na 45 gikunzwe n'ingeri zose
uru rutonde rukaba ari rurerure ariko ibi akaba ari byo biganiro bikunzwe nabenshi, nawe waduha commentaire kuri iyi nkuru ukatubwira ikiganiro waba ukunda kurusha ibindi.
Post By :: Elvis SHEMA / ibishya.biz
0 comments:
Post a Comment