Kuri uyu wa gatandatu, uyu muhanzi, wifuzaga kuzaba umukinnyi wa Basketball wabigize umwuga, yarashimishije cyane abari bitabiriye igitaramo gisoza irushanwa rya PGGSS II i Remera.

Yaririmbye abari aho bavuga ko bumvise itandukaniro
Benshi mu bafana baganiriye n'Umuseke.com bemeza ko uyu muhanzi ageze kuri Scene agatangira kuririmba bumvise itandukaniro.
Bavuga ko muzika ye, ibyuma, ijwi, imbyino byari binogeye amatwi n'amaso, banenga gusa ko yamaze umwanya muto (iminota igera kuri 40) bagereranyije n'umuhanzi ukomeye muri aka karere Jose Chameleone nawe uheruka hano Jason Derulo yaririmbiraga.

Abantu berekezaga kuri Pt stade ari uruvunganzoka

Abantu bari benshi bidasanzwe

Mukuru we amutegurira ‘Stage’ aho arambika igipapuro hasi cyanditseho indirimo uko azajya azikurikiranya

Indirimbo yaririmbye zari zanditse kuri ako gapapuro aza agateraho akajisho

Imbere ya buri gapapuro muri tune (4) yashyize hasi habaga hari icupa ry’amazi yasomaho n’igitambaro cyo kwihanagura mu gihe aje kurebaho

Uyu wamuteguriraga ‘stage’ ni mukuru we bavukana

Bagenzi be bamwe ni uko bambara amapantaro

inyuma na body guard we ategereje ko ‘stage’ itungana ngo aze

Mukuru we ati” “Stage yatunganye wajya kuririmba”

Akigera kuri ‘scene’ ati ndashaka kubumva

Yabanje kumvisha abafana be ubuhanga afite mu kuririmba

Mu ndirimbo ye “Show me Love”

Uko iminota ishira niko yagenda arushaho gushyiramo imbaraga no kugabanya ibyo yambaye
Andi mafoto ari gushyirwaho
Plaisir MUZOGEYE
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment