Icyo n'ikibazo gikunze kwibazwa n'ababyeyi bafite abana mu mashuri yisumbuye hirya no hino mu Rwanda, mu gihe umwana we atinze kugera ku ishuri ku mpamvu zidaturutse ku mubyeyi. Umuzi wacyo ngo ni uko abanyeshuri baba barangije ibyiciro bitandukanye mu mpera z'umwaka w'amashuri twavuga amashuri abanza, ndetse n'icyiciro rusange, bagera ku mashuri baba boherejwemo maze bakishyuzwa amafaranga y'ishuri angana n'ay'abandi kandi bo bakunze kugera ku bigo nyuma y'ukwezi abandi batangiye. Bituma bavuga ko baryamirwa mu gihe bishyura amafaranga batakoresheje muri icyo gihe cyose!
0 comments:
Post a Comment