Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Jason Derulo yasuye abarwayi muri CHUK

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Jason Derulo yasuye abarwayi muri CHUK
Jul 29th 2012, 15:21

Kuri iki cyumweru ubwo umuhanzi w'icyamamare Jason Derulo yasozaga uruzinduko rwe mu Rwanda aho yari yaje kuririmba mu isoza ry'irushanwa rya PGGSS II, mbere yo gutaha yanyuze ku bitaro bya CHUK gusura abarwayi.

Jason Derulo yarurira abarwayi ifunguro rya saa sita

Muri iki gikorwa cyiza yasabwe n'ubuyobozi bwa East African Promoters, Jason Derulo n'itsinda rya bagenzi be bazanye, bageze mu bitaro bya CHUK mu gihe abarwayi bari bagiye gufata amafunguro.

Jason Joel Desrouleaux akaba yaruriye abarwayi abagezaho amafunguro ndetse ababashaga kuvugana nawe bamubwira uburwayi bafite, abifuriza kurwara ubukira abasezeraho.

Uyu musore w'umunyamerika ufite ababyeyi b'abanya Haiti akaba yahise yerekeza ku kibuga cy'indege i Kanombe afata indege imucyura iwe i Miami.

Derulo na Body guard we binjira mu bitaro bya CHUK

Yagendaga yitegereza aho abarwayi bacumbikirwa

yarurira abarwayi amafunguro ya saa sita

Yabikoraga ubwona abyishimiye cyane

Bigoranye kumvikana mu rurimi yageragezaga kubaza bamwe muri bariya bakecuru barwaye uko bameze, anabifuriza kurwara ubukira

Amaze kubaha amafunguro bateguriwe, yabasezeyeho arasohoka, aha ni muri Salle IV irwariramo abagabo

Umuyobozi wa East African Promoters Joseph Mushyoma (Boubou) wasabyeJason Derulo kuza gusura abarwayi mbere yo gutaha

 

Kuri uyu wa gatandatu, uyu muhanzi, wifuzaga kuzaba umukinnyi wa Basketball wabigize umwuga, akaba yarashimishije cyane abari bitabiriye igitaramo gisoza irushanwa rya PGGSS II i Remera.

 

Andi mafoto ari gushyirwaho

Plaisir MUZOGEYE
UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment