Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’ubutaliyani ndetse akana akinira club ya manchester city mugihe yarakubutse mu biruko iwabo mu butaliyani yerekeza mu gihugu cy’ubwongereza aho asanzwe akinira mu ikipe ya manchester city, mu gihe yageraga ku kibuga cy’indege cya Manchester ntibyaje kumuhira kuko yihishe mu bwiherero iminota itari mikeya kubera uburyo aba paparazzi bari bamumereye nabi.

Mu gihe uno musore yarasesekaye ku kibuga cy’indege cya manchester araho abagenzi baba bategerereje imizigo yabo ngo yagiye kubona abona abapaparazzi benshi cyane bamwuzuye maze aza gukizwa n’abashinzwe umutekano waho kuri kibuga cy’indege bamujyana mu bwiherero kugirango ako kavuyo kabanze gahoshe.

Abashinzwe umutekano nibo baje kumukura aho mu bwiherero yaramaze iminota itari mike ategerejeko akavuyo k’aba paparazzi bamushaka gashira.
Kuruhande rwa rutahizamu we ngo yatangajwe n’uburyo aba paparazzi bamwuzuyeho kandi bitari bisanzwe bimubaho ko aba paparazzi bamwuzuraho gutyo ,ikindi kandi yaraziko yaje mu ibanga ntamuntu numwe ubizi ariko agatungurwa no kuba yuzuweho n’abapaparazzi byatumye ahungishirizwa mu bwiherero.
0 comments:
Post a Comment