Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development: Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n’ubwiyunge

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n'ubwiyunge
Jul 31st 2012, 11:47

Untitled5 Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n'ubwiyunge

Iri shyirahamwe Ubutwari bwo kubaho ryibumbiyemo abapfakazi ba jenoside, abagore b'abagabo bafungiwe gukora jenoside ndetse n'abagabo barangije igihano ku ruhare bagize muri jenoside, bose bo mu Mirenge ya Karama, Rusenge, Kibeho na Mata.

Nk'uko abari mu ishyirahamwe babisobanura, iri shyirahamwe ritangira mu w'1995 ryari ryibumbiyemo abafakazi ba jenoside bonyine. Nyuma yaho, abagore bafite abagabo bafunze kubera kuba barakoze jenoside baturanye baje kubasaba imbabazi ku bw'ibyaha by'abagabo babo.

Kwakira aba bagenzi babo ariko ngo ntibyaboroheye bitewe n'ibikomere bari bafite mu mutima, ariko ku bw'inyigisho bagejejweho na Padiri Masinzo Jerôme wayoboraga Paruwasi gaturika ya Karama icyo gihe, hamwe n'umubikira witwa Teya, bagiye bumva babakiriye bukebuke, none ubu bumva bishimiye kuba bari kumwe.

Mukantabana Serafina afite imyaka 59, ni umwe mu bagize ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho. Yagize ati "intambara ikirangira nta mbaraga nagiraga, haba ku mubiri no mu mutima. Nyuma yokwishyira hamwe n'abandi, twahuje imbaraga turahinga, mbasha kubona igitunga abana banjye kuko nari nagize amahirwe y'uko bose bacitse ku icumu. Ubu nsigaranye ibyishimo mu mutima".

Kankindi Cassilde na we ari muri iri shyirahamwe. Ubu afite imyaka 66. Na we aratanga ubuhamya ku bw'icyo ishyirahamwe ryamumariye "nyuma ya jenoside nari mubi ku mubiri no ku mutima. Nari umwanganyi, abantu bose nkababonamo abicanyi. Ubungubu twunze ubumwe. Ugize ikibazo turamufasha, n'ubyaye tukamuhemba". Abo yavugaga babyara ni abagore bafite abagabo bari bafunze none ubu bakaba barafunguwe.

Cassilde anavuga ko mu minsi yashize yagize ibyago agapfusha umuhungu w'umusore, ariko ngo abaturanyi batangajwe no kubona abo bari kumwe mu ishyirahamwe bamutabara bose. Yunzemo agira ati "abaturanyi tutari kumwe mu ishyirahamwe ntibajya bumva uko tubaho. Twe iyo duhuye turaganira, tugatebya, tugaseka, maze ubuzima bukaturyohera."

Nk'uko aba babyeyi bagira igihe cyo guhura bakaganira, ngo n'abana babo ni uko. Ibi bituma bizera ko abana babo batazigera barangwa n'urwango rushingiye ku moko cyangwa amacakubiri.

Mukagatare, umuyobozi w'iri shyirahamwe, avuga ko abanyamuryango baryo ari 1964, bibumbiye mu matsinda 84. Boroye inka ku buryo buri tsinda ririmo ebyiri cyangwa eshatu. Uretse inka, boroye n'inkoko, kandi banahinga inyanya n'ibihumyo.

Uretse gukorera hamwe, banafitanye umubano n'ishyirahamwe Abiyunze ry'i Gahini. Ryo ryatangiwe n'abireze bakemera icyaha cya jenoside, haza kwiyongeraho abahungutse ndetse n'abasigajwe inyuma n'amateka.

 

 

Posts Related to Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n'ubwiyunge

share save 171 16 Rwanda | Huye: Ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, urugero mu bumwe n'ubwiyunge

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment