Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development: Rwanda | Nyamasheke: Urubyiruko rwasaniye umugore utishoboye inzu ye yari yarangiritse.

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Rwanda | Nyamasheke: Urubyiruko rwasaniye umugore utishoboye inzu ye yari yarangiritse.
Jul 31st 2012, 11:49

Untitled21 Rwanda | Nyamasheke: Urubyiruko rwasaniye umugore utishoboye inzu ye yari yarangiritse.

Mu muganda rusange ngarukakwezi wabaye tariki ya 28/07/2012, urubyiruko rukorera mu mahuriro atandukanye yo ku kigo cy'urubyiruko cya Nyamasheke (NYFC) ku bufatanye n'abakozi b'icyo kigo bafashije umukecuru utishoboye bamusanira inzu ye nyuma y'uko yari yarasenyutse.

Umukecuru wafashijwe muri uyu muganda ni uwitwa Kamagaju uzwi ku izina rya Karizabajeni, akaba afite uburwayi bw'igicuri bukunze kumufata ku buryo yahiye ahantu henshi ku mubiri we kubera igicuri kigenda kimutura mu muriro, ubu akaba atunzwe no gusabiriza.

Ubusanzwe Kamagaju yari afite inzu y'ibyumba bibiri n'uruganiriro rumwe ariko icyumba kimwe kikaba cyaraguye. Uru rubyiruko rukoresheje imbaraga zarwo rwakuyeho ayo matafari yari yarasenyutse maze rutunganya icyumba kimwe n'uruganiriro rwari rusigaye ngo asigare aribyo aba akoresha.

Gukora umuganda no gufasha abatishoboye ngo ni bimwe mu byo NYFC yigisha urubyiruko muri gahunda yo kurukundisha igihugu no kugira uruhare mu kucyubaka nk'uko umuhuzabikorwa wa NYFC, Ndanga Janvier abitangaza.

Akomeza avuga ko urubyiruko rwahisemo kuzajya rukora umuganda ukwarwo maze rugafasha umwe mu batishoboye mu mirimo y'amaboko. Uyu muganda wo gufasha abatishoboye ngo uzajya uba buri kwezi, gusa ngo urubyiruko rwifuza ko wajya uba kabiri mu kwezi kugira ngo batange umusanzu ugaragara mu kubaka igihugu, ubuyobozi bwa NYFC bukaba buri kwiga uburyo byazashyirwa mu bikorwa.

Gusa ngo kubera ikibazo cy'amikoro, batangiriye ku baturage batuye hafi y'iki kigo hanyuma indi mirenge ikazagerwaho nyuma igihe hazaba harabonetse uburyo bwo kuhagera.

Ndanga atanga ubutumwa ku rubyiruko avuga ko rusabwa kureba aho igihugu kigana rukagira uruhare mu kucyubaka dore ko ari rwo rwinshi kandi rufite n'imbaraga zo gukora. Akomeza avuga ko urubyiruko rudakoze ngo ruteze iguhugu imbere ntaho cyagera.

Asaba kandi ababyeyi kureka abana nyuma yo gukora imirimo yo mu rugo bakagana ikigo cy'urubyiruko kuko aribo kigenewe kandi kikaba kinatanga inyigisho zirebana no kurinda ubuzima bwabo ku bana bose bitewe n'icyiciro barimo kandi kikanabatoza gukora.

Nyuma y'igikorwa cy'umuganda urubyiruko rwanahawe ibiganiro ku masomo agamije kubaha ubumenyi mu buryo bwo kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina na Sida, gutwara inda zitateguwe, ibiyobyabwenge n'ibindi bishobora kubangiriza ubuzima.


 

 

Posts Related to Rwanda | Nyamasheke: Urubyiruko rwasaniye umugore utishoboye inzu ye yari yarangiritse.

share save 171 16 Rwanda | Nyamasheke: Urubyiruko rwasaniye umugore utishoboye inzu ye yari yarangiritse.

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment