Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11/7/2012, itorero Trinity Baptist Church ry' i New York muri Leta z'unze Ubumwe za Amerika ryatanze inka 20 ku miryango igizwe ahanini n'abatishoboye mu karere ka Nyamagabe.

Umwe mu bahawe inka (iburyo) hamwe n'umuyobozi w'akarere ka Nyamagabe n'abahagarariye itorero Trinity Baptist Church.
Izi nka zahawe aba baturage zatanzwe mu rwego rw'umubano uri hagati y'iri torero n'imirenge ya Gasaka na Gatare yo mu karere ka Nyamagabe.Mu gihe cy'imyaka 7 rimaze itorero rya Trinity Baptist Church ngo ryakomeje gutekereza uburyo ryagira uruhare mu iteramber ry'iyi mirenge.
Sarah Page, umwe mu baje bahagarariye iri torero, yatangaje ko nk'abahagarariye iri torero bishimiye kuba babashije kugera ku ntego yabo bihaye yo gufasha imwe mu miryango itishoboye yo mu karere ka Nyamagabe.
Mukantagara Beatrice, umwe mu bahawe inka yashimiye abagize iri torero kuba bamuhaye inka anatangaza ko nta bushobozi yari afite bwo kuba yakwigurira inka, ati " nta mikoro nari nari mfite, nta muvandimwe, nta mubyeyi ariko ubu murangobotse."
Umuyobozi w'akarere ka Nyamagabe wari witabiriye iki gikorwa yashimye iri torero ryatanze inka anibutsa abahawe inka ko bazihawe mu rwego rwo gushimangira gahunda ya 'Gira Inka' anabasaba kuzazifata neza ndetse bakanoroza bagenzi babo.
Iri torero rya Trinity Baptist Church ryo muri Leta ya New York yo muri Leta z'unze Ubumwe z'Amerika rigizwe n'abayoboke basaga 300 rikaba rimaze imyaka isaga 7 rifitanye umubano n'imirenge 2 yo mu karere ka Nyamagabe.
Posts Related to Rwanda | Nyamagabe:Itorero Trinity Baptist Church ryo muri Leta z'unze Ubumwe z'Amerika ryatanze inka ku miryango itishoboye
Ubwo basozaga itorero bamazemo iminsi 10 mu Ntara y'Amajyaruguru, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Utugari tw'Intara y'Iburasirazuba biyise Imbimburiramihigo basize bagabiye inka 6 abaturage batishoboye, bishyurira ubwisungane mu ...
Mu karere ka Karongi intara y'uburengerazuba, kuri iki cyumweru itorero ry'abapresypiterienne mu Rwanda ryafunguye ku mugaragaro paruwasi ya Rubona. Umuyobozi w'itorero ry'aba Presypiterienne mu Rwanda, ...
Nyiramandwa Rachel , umukecuru w'imyaka isaga 80 utuye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe yahawe inka nyuma y'uko indi yari yarahawe n'umukuru w'igihugu ...
Gahunda ya Girinka izafasha benshi kwikura mu bukene Mu rwego rwo kurushaho gufasha Abaturage batishoboye kwikura mu bukene, mu karere ka Nyabihu inka 24 nizo ...
Mukansigaye avuye kwahirira inka ye Umukecuru Mukansigaye Jenerose atuye mu murenge wa Cyanika akarere ka Nyamagabe avuga ko kuva aho Nyakubahwa umufasha wa Perezida wa ...

0 comments:
Post a Comment