Nyuma y'uko hatangijwe igikorwa cyo gutanga amafaranga y'ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012-2013, abaturage bo mu karere ka Nyamagabe barasabwa kwisunga ibimina kugira ngo babashe kwishyura amafaranga y'ubwisungane mu kwivuza.
Tariki ya 1/7/2012 nibwo hatangijwe igikorwa cyo gutanga mafaranga y'ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012-2013. Gusa mu gihe iki gikorwa kikiri mu ntangiriro, abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bamaze gutanga aya mafaranga y'ubwisungane mu kwivuza bagera kuri 6 by'abagomba kuyatanga.
Bamwe mu bataratanga aya mafaranga batangaza ko kuba batari bitabira gutanga aya mafaranga ari ubukene bafite.Nikuze Jaqueline, umwe mu batari batanga amafaranga yagize ati "turayabura pe! Ni ikibazo cy'ubukene. Hariho igihe umuntu ahinga akarumbya."
Cyakora umukozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe we asanga hari uburyo abaturage bashobora gukoresha kugira ngo babashe kwishura amafaranga y'ubwisungane.Ubu buryo ngo nta bundi uretse kwifashisha ibimina.
Umutesi Francoise, umukozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe yagize ati « twatangiye icyumweru cy'ubwisungane mu kwivuza,uurmva ko tukiri hasi.Tukaba tubasaba kwibumbira mu bimina kugira ngo bajye batanga iyo misanzu buhoro buhoro biboroheye. »
Mu gihe ubusanzwe abaturage basabwa gutanga umusanzu w'ubwisungane mu kwivuza mbere ho ukwezi,mu karere ka Nyamagabe abamaze kubutanga ni 6 % gusa ushinzwe ubwisungane mu kwivuza akaba afite icyizere ko iki cyumweru kirangira besnhi bamaze gutanga ubu bwisungane.
Posts Related to Rwanda | Nyamagabe: Ibimina nibyo bizabafasha kwishyura mitiweli
Abaturage bo mu murenge wa Macuba baratangaza ko kwibumbira mu mashyirahamwe, gukorera mu bimina ndetse no kuba hari imishinga ikorera iwabo bibafasha mu kwishyura umusanzu ...
Umunyamabanga nshingwa bikorwa w'umurenge wa Cyanika, Nkanika Jean Marie Vianney, aratangaza ko kwaka inguzanyo muri SACCO y'umurenge byatumye abaturage bo muri uwo murenge bose barangize ...
Minisitiri w'ubuzima yihanangirije abashinzwe iby'ubwisungane mu kwivuza (mituelle de Santé) ko uzakoresha amafaranga yagenewe ubwisungane mu kwivuza icyo atagenewe azabihanirwa. Mu nama yagiranye n'abashinzwe ...
Abamugaye bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ubukene buza ku isonga mu bibangamiye imibereheo yabo. Bavuga ko barenzwa gahunda zigenerwa abatishoboye zigahabwa abatishoboye gusa ...
Abanyamuryango ba koperative Dukundumurimo yo mu karere ka Kirehe bemeza ko kujya muri iyi koperative byabagiriye akamaro cyane mu kwiteza imbere. Ibi babyemeje mu nama ...

0 comments:
Post a Comment