Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: TPIR yakaniye Matayo Ngirumpatse

Umuseke
Amakuru y'umwihariko!
TPIR yakaniye Matayo Ngirumpatse
Dec 19th 2012, 12:54

Urugereko rw'Ubujurire rw'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, rukorera Arusha muri Tanzaniya rwanze guha agaciro ubujirire bwa Matayo Ngirumpatse wahoze ari Umuyobozi w'Ishyaka rya MRND.

Urukiko rwatsembye ndetse rumuhakanira ko atasohoka muri gereza by'agateganyo. Photo/Internet

Urukiko rwatsembye ndetse rumuhakanira ko atasohoka muri gereza by’agateganyo. Photo/Internet

Matayo Ngirumpatse yari yajuriye asaba ko yarekurwa by'agateganyo ariko Urukiko rw'Ubujurire nyuma yo kubisuzuma rwasanze atabikwiye rutegeka ko akomeza gufungwa, nk'uko Ibiro Ntaramakuru "Hirondelle" bibitangaza.

Mu mwaka w'1994, Matayo Ngirumpatse yari Perezida w'Ishyaka MRND (Mouvement Républicain National pour la Démocratie et le développement). Uyu mugabo yari yajuriye asaba ko yafungurwa by'agateganyo kuko ageze mu zabukuru (afite imyaka 73), byongeye kandi ngo ubuzima bwe ntibumeze neza aho afungiye.

Mu kwanga guhaga agaciro ubujurire bwe, urugereko rw'ubujurire rwanzuye ruti "Ibyaha byamuhamye, n'igihe amaze mu buroko sibyo n'imyaka afite sibyo byatuma yemererwa gufungurwa by'agateganyo."

Ku itariki ya 21 Ukuboza umwaka ushize (2011), nibwo uyu Musizi n'Umunyamuziki yahamwe n'ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w'1994, gukangurira abantu kuyikora, ibyaha byibasiye inyoko-muntu ndetse n'ibyaha by'intambara.

Kubera ibi byamuhamye ndetse n'uwari visi-perezida we muri MRND Edouard Karemera, bakatiwe igihano  gisumba ibindi byose gitangwa n'uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha aricyo cyo gufungwa ubuzima bwose basigaje ku isi. Hari ku wa gatatu taliki 21 ukuboza 2011.

Ngirumpatse wigeze kurwarira muri Kenya amezi umunani yose, yari yajuriye yifuza ko ko yarekurwa by'agahe gato ariko akaba acumbikiwe mu nzu zicungiwe umutekano na TPIR ndetse yari yavuze ko atazarenga imbibi za Tanzaniya.

Matayo Ngirumpatse yavukiye mu cyahoze ari Perefegitura ya Kigali Ngali mu 1939, yatawe muri yombi muri Kamena 1998 mu gihugu cya Mali ahita yoherezwa Arusha mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriwe u Rwanda, naho Karemera w'imyaka 60 baburaniraga hamwe yavukiye i Mwende mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, atabwa muri yombi muri Kamena 1998 mu gihugu cya Togo.

INKINDI Sangwa

UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment