Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Ibishya Bikugereho: MISS W’ISI YABAYE UMUNYAMERIKAKAZI OLIVIA CULPO

Ibishya Bikugereho
Amakuru Yose Mu Kinyarwanda
MISS W'ISI YABAYE UMUNYAMERIKAKAZI OLIVIA CULPO
Dec 20th 2012, 07:03

Umunyamerikakazi Olivia Culpo w'imyaka 20 ni we watorewe kuba Miss ku rwego rw'Isi mu mwaka wa 2012 ahitwa Las Vegas ho mu Burengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikaba ari ku nshuro ya mbere mu myaka 15, igihugu cye kigize umugore uhiga abandi mu bwiza.

Nk'uko tubikesha Le E-News, Olivia yari ahanganye n'abandi batatu barimo Janini Tugonon ukomoka muri Philippine, Gabriela Markus wo muri Bresil na Sofia Esser ukomoka muri Venezuela. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu.

Olivia Culpo yambikwa ikamba

Olivia wegukanye umwanya w'umugore mwiza ku Isi ni umunyamuzikikazi, akunda kureba filime, gusura inzu ndangamurage, gusetsa abantu mu bitaramo nk'uko byashyizwe ahagaragara n'urubuga rwa internet Concourt miss Univers.

Igikorwa cyo guhatanira umwanya wa mbere mu buranga ubaye ku nshuro ya 61. Kuri iyi ncuro cyateguwe na Andy Cohen Umunyamerika na Giuliana Rancic Umunyamerikakazi ufite inkomoko mu Butaliyani, ukaba warabereye Hotel nini ya Planet Hollywood i Las Vegas.

Brook Mahealani Lee ni we Munyamerikakazi waherukaga kwegukana ikamba rya Miss ku rwego rw'Isi, akaba yararyambitswe mu mwaka wa 1997.

Post By :: Elvis SHEMA / ibishya.biz

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment