Justin Bieber icyamamare mu njyana ya Pop ndetse na mugenzi we Ashton Kutcher wamenyekanye cyane mu gukina Filime ndetse no mu kiganiro cya Punkd gica kuri Television ya MTV, bakinishijwe n’akana k’imyaka 12 gusa.
Mu mezi make ashize nibwo polisi ya Los Angeles yahamagawe n’umuntu utarivuze izina maze abwira polisi ko mu rugo rwa Ashton Kutcher yatewe n’abagizi banabi bitwaje intwaro z’akataraboneka ndetse n’ibiturika byinshi cyane, nyuma yo kumva ayo makuru polisi yahise igira bwangu yohereza indege ndetse n’aba polisi (SWAT) batari bake ku nzu ya Ashton Kutcher bagezeyo basanga inzu irabahamagara ntumuntu n’umwe uyirimo.

Justin Bieber na Ashton Kutcher
Nyuma y’igihe gito ibyabaye kuri Ashton Kutcher byaje kuba kuri Justin Bieber polisi igezeyo isanga nta muntu n’umwe uriyo, ariko kugeze icyo gihe polisi ikaba itari yakamenya uwihishe inyuma y’ibyo binyoma, nkuko tubikesha TMZ mu minsi mike ishize nibwo baje gutahura ko ari umwna w’imyaka 12 wiberaga kuri computer ye igihe cyose wari umaze iminsi abakinisha.
nkuko Polisi ya Los Angeles uyu mwana akaba agiye kuba ashyizwe mu kigo ngorora mucu kigirango abashe kuba yahindura iyo myitarire ye itari myiza.
Post By :: Elvis SHEMA / ibishya.biz
0 comments:
Post a Comment