Muri Leta ya Alabama si ubwambere bihabaye, aho umuntu akatirwa imyaka irenzeisanzwe muntu abaho. Umucamanza rero akaba noneho yakatiye umugabo igifungo cy'imyaka 624 kubera gufata ku ngufu n’ibindi byaha bijyanye nabyo.

Mark Anthony Beecham wakatiwe gufungwa imyaka 624
Mu 1981, muri Alabama nanone uwitwa Dudley Wayne Kyzer yakatiwe gufungwa imyaka 10 000 kubera kwica umugore we, nyirabukwe n'umunyeshuri. Ari nacyo gihano kirekire cyanditswe mu gitabo cya Guiness The Records.
Kuwa kabiri tariki 14 Kanama, Mark Anthony Beecham w'imyaka 25 yakatiwe igifungo cy'imyaka 99 kuri buri cyaha muri bitandatu yashinjwaga, birimo gushimuta, ibyaha bitatu byerekeranye no gufata ku ngufu, ibyaha bitatu by'iyicarubozo ryibasiye igitsina (Sodomy).
Ku myaka 594 yose hamwe y'ibyo byaha, hiyongeraho 20 yo kwiba ikiremwamuntu bigamije kukigirira nabi n'indi 10 y'iyicarubozo muri rusange yose hamwe ikaba 624.
Mark Anthony Beecham wari mu rukiko ubwo yakatirwaga yakubiswe n'inkuba yumvise igifungo akatiwe, ahita avuga ko igihano ahawe gikabije kandi kibogamye.
Mu 1994, muri Leta ya Oklahoma, umusore witwa Charles Scott Robinson kubera ibyaha byinshi birimo kwica, gufata ku ngufu n'ibindi bigera kuri bitandatu, yakatiwe gufungwa imyaka 30 000 kuko buri cyaha cyari cyakatiwe imyaka 5 000 y'igifungo, nubwo iki gihano cyaje koroshywa.
Robinson n’ubu aracyari muri gereza yaho, umucamanza akaba yarategetse ko igihano gishobora kongera koroshywa nageza ku myaka nibura 108 y'amavuko.
Hariya hantu umenya bazi guhana bihanukiriye.
Latimes.com
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment