Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Yakatiwe imyaka 624 y’igifungo kubera gufata ku ngufu

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Yakatiwe imyaka 624 y'igifungo kubera gufata ku ngufu
Aug 16th 2012, 08:47

Muri Leta ya Alabama si ubwambere bihabaye, aho umuntu akatirwa imyaka irenzeisanzwe muntu abaho. Umucamanza rero akaba noneho yakatiye umugabo igifungo cy'imyaka 624 kubera gufata ku ngufu n’ibindi byaha bijyanye nabyo.

Mark Anthony Beecham wakatiwe gufungwa imyaka 624

Mu 1981, muri Alabama nanone uwitwa Dudley Wayne Kyzer yakatiwe gufungwa imyaka 10 000 kubera kwica umugore we, nyirabukwe n'umunyeshuri. Ari nacyo gihano kirekire cyanditswe mu gitabo cya Guiness The Records.

Kuwa kabiri tariki 14 Kanama, Mark Anthony Beecham w'imyaka 25 yakatiwe igifungo cy'imyaka 99 kuri buri cyaha muri bitandatu yashinjwaga, birimo gushimuta, ibyaha bitatu byerekeranye no gufata ku ngufu, ibyaha bitatu by'iyicarubozo ryibasiye igitsina (Sodomy).

Ku myaka 594 yose hamwe y'ibyo byaha, hiyongeraho 20 yo kwiba ikiremwamuntu  bigamije kukigirira nabi n'indi 10 y'iyicarubozo muri rusange yose hamwe ikaba 624.

Mark Anthony Beecham wari mu rukiko ubwo yakatirwaga yakubiswe n'inkuba yumvise igifungo akatiwe, ahita avuga ko igihano ahawe gikabije kandi kibogamye.

Mu 1994, muri Leta ya Oklahoma, umusore witwa Charles Scott Robinson kubera ibyaha byinshi birimo kwica, gufata ku ngufu n'ibindi bigera kuri bitandatu, yakatiwe gufungwa imyaka 30 000 kuko buri cyaha cyari cyakatiwe imyaka 5 000 y'igifungo, nubwo iki gihano cyaje koroshywa.

Robinson n’ubu aracyari muri gereza yaho, umucamanza akaba yarategetse ko igihano gishobora kongera  koroshywa nageza ku myaka nibura 108 y'amavuko.

Hariya hantu umenya bazi guhana bihanukiriye.

Latimes.com

UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment