Mu minsi ishize nibwo hagaragaye ifoto ya Perezida wa Leta zunze ubumwe z’amerika ateruye umwana wa K8 Kavuyo yabyaranye n’uwahoze ari miss Rwanda Bahati Grace, inkuru dukesha ikinyamakuru cya Daily mail nuko ubu ibanga uyu perezida wa leta zunze ubumwe z’amerika arimo gukoresha mu kwitegura amatora agiye kuba ari ugushyira cyane imbere abana mu rwego rwo kwikururira ababyeyi babo ngo bazamushyigikire mu matora.

Ethan muhire amaze hafi ibyumweru 3 avutse, akaba yarateruwe na perezida wa leta zunze ubumwe z’amerika ubwo yari yagiye kwiyamamariza muri ntara ya Marshalltown arinaho uyu mwana atuye.
Suyu mwana wenyine Barack obama ateruye kuko buri ntara yose ya leta zunze ubumwe z’amerika agiyemo kwiyamamarizamo hagomba kuba hari umwana ugomba kumwakira.



Nkuko tubikesha ikinyamakuru cya the guardian ngo mu ibaruwa yandikiye abana bose bavugako muri amerika yagize ati:
Ndifuza kw’abana baose bafatwa kimwe, bakajya kwiga bose, bakajya mu mashuri meze azabagirira akamaro,akabahindura kugirango ejo nejo bundi aribo bazatuyobora neza.

K’urubuga rwa the guardian ngo cyane cyane obama arimo kwiyegereza abana ba bimwe mu bikomerezwa byo muri amerika ashobora kuzakenera mu matora arimbere.


Ibyi byose ngo obama akaba arimo kubikora kugirango abashe kwiyegurira imitima yabamwe mu babyeyi kugirango bazamushyigikire mu matora, akaba arinayo mpamvu byagaragaye asoma umwana wa K8 Kavuyo yabyaranye na Bahati grace nabwo bwari uburyo bwo kugirango yiyegurire imitima yabatuye Marshalltown bose kugirango bazamushyikigire mu matora.
0 comments:
Post a Comment