Urubyiruko rwigaragambyaga mu birombe by' amabuye y' agaciro by' i Lonmin, mu gace ka Marikana muri Afurika y' Epfo rwarasweho na Polisi kuri uyu wa kane.

Abapolisi iruhande rw’imirambo y’abantu bamaze kurasa/photo AP
Kuri uyu wa gatanu, minisitiri w' igipolisi yahise atangaza ko abarenga 30 bahasize ubuzima mu gihe imiryango y' abakozi (syndicats) yo yabaze 36.
Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa gatanu w' icyumweru gishize, basaba kongererwa imishahara. Abigaragambyaga basagariye Polisi. Prezida w' Afurika y' Epfo Jacob Zuma yatangaje ko ibi bibabaje ahita anasaba ituze.
Amashusho ngo yerekana abapolisi bohereza amasasu mu bigaragambyaga, aho abenshi barengeraga mu bihu by' umukungugu.
Jeff Mphahlele, umunyamabanga mukuru w'ihuriro ry'abakozi (syndicat Association of Mineworkers and Construction Union), yagize ati: " Ibi byose Polisi yari yabiteguye. Bishe inzirakarengane. Twe ikosa twakoze ni ukwerekeza i Lonmin'.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n'igipolisi, rivuga ko barashe ku bigaragambyaga mu rwego rwo kwirwanaho. Itsinda ry' abigaragambya bari bitwaje intwaro basatiriye abapolisi.
ANC, ishyaka riri ku butegetsi ndetse n'andi mashyaka ya Politiki, yavuze ko ngo hagomba gukorwa enquĂȘte, yimbitse kugirango hamenyekane nyirabayazana w' imeneka ry' amaraso angana atya.
Mu myigaragambyo imaze icyumweru, urubyiruko rwo mu gace ka Lonmin, rurasaba kongererwa imishahara. Kuri uyu wa kane, ibiro bishinzwe ubucukuzi bw ' amabuye y' agaciro byari byabasabye gukomeza akazi, ubundi ababyanze barirukanwa.
Imbaga y' abigaragambyaga banze gutandukana, Polisi yafashe icyemezo cyo kubamijamo ibisasu biryana mu maso, amasasu ya Plastique, ndetse banakoresha amasasu akoze mu mazi mbere y'uko bakoresha amasasu ya nyayo.
RFI
Callixte Ndagijimana
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment