Ku myaka 24 uyu mukinnyi wo hagati w'ikipe ya Bolton kuri uyu wa kane tariki 15 Kanama 2012 yatangaje ko avuye burundu mu mupira w'amaguru.

Muamba ubwo yavaga mu bitaro yaje kuri Reebook Stadium gushimira abafana ba Bolton Wanderers/photo Getty Images
Muamba, tariki ya 17 Werurwe uyu mwaka yituye hasi mu kibuga umutima urahagarara aza kurikorwa n'abaganga, hari ku mukino wa kimwe cya kane cy'irangiza cya FA Cup Bolton yakinaga na Tottenham Hotspurs.
Muamba yagize ati: " Nubwo iyi nkuru ibabaje ariko mfite byinshi byo gushima. Ndashima Imana ko ngihumeka, ndashima ikipe y'abaganga yakoze ibishoboka ngo ndokoke."
Mu ntangiriro z'iki cyumweru, Fabrice Muamba yagiye mu Ububiligi aho yakorewe kubagwa koroheje ku mutima we, mu bitaro mu Bubiligi ngo niho yagiriwe inama n'abaganga yo guhagarika burundu akazi kari kamutunze ko gutera umupira.
N'akababaro kenshi, uyu musore ukomoka muri Congo Kinshasa yagize ati: " Kuva nava mu bitaro nagumanye icyozere cyinshi ko nazasubira mu kibuga nkakinira Bolton yanyeretse urukundo mu gihe kibi, ariko inama nagiriwe n'abaganga mu Bubiligi zavanyeho icyizere nari mfite none ubu ntangaje ko mpagaritse gukina nk'uwabigize umwuga".
Aya makuru atangajwe nyuma y'amezi atandatu uyu musore agize ikibazo cy'umutima cyashoboraga gutuma yitaba Imana, cyane ko abaganga batangaje ko Muamba yari "yapfuye" mu gihe kigera ku minota 78.
Muamba yamaze ibyumweru bine yitabwaho bikomeye muri London Chest Hospital ava mu bitaro tariki 16 Mata. Yasubiye kuri Reebook Stadium ya Bolton tariki 2 Gicurasi ubwo umukino wayo na Tottenham wasubirwagamo, agiye gushimira abafana b'impande zombi urukundo bamugaragarije igihe yari arembye.
Umutoza wa Bolton Owen Coyle yatangaje ko bazakomeza gufasha Muamba ati: " Twavuganye na Fab twamubwiye ko tuzakomeza kumufasha mubyo azashaka gukora byose, natwe biratubabaje kuba umupira we urangiye gutya, twe tuzi ubushake n'ishyaka yagiraga"
Fabrice Muamba yavukiye i Kinshasa mu 1988 (Zaire icyo gihe), Se wari umunyapolitiki yahungiye mu Ubwongereza mu 1999. Mu 2002 yatangiye umupira muri Academy ya Arsenal i Londres. Afitanye umwana umwe na Shauna Magunda bahuriye i Birmingham ubwo yahakinaga mu 2007.
TheSun
Egide RWEMA
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment