
Igikorwa cyo kugenzura isuku mu marestaurant yo mu mujyi wa Kibungo cyabaye kuri uyu wa 14 Kanama, 2012 cyasize restaurant imwe ifunzwe izindi zirihanangirizwa bwa nyuma ku isuku.
Iki gikorwa cyo kugenzura isuku mu marestaurant n'utubari cyakozwe n'abayobozi batandukanye mu karere ka Ngoma bafatanije n'inzego z' umutekano bayobowe n'umuyobozi wungirije w'akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza y' abaturage.
Muri iki gikorwa hagenzurwaga isuku muri restaurant akabari ,ndetse n' ahandi hagurishirizwa ibiribwa (alimentation).
Umwe mubafite restaurant zanenzwe isuku ndetse zikanacibwa amande yatangaje ko amande yaciwe ayemera kuko ngo bakurikije ibisabwa babonabaribakwiye guhanwa.
Nkejuwimye Ally ufite restaurant bita Bismilah mu mujyi wa Kibungo nayo yaciwe amande yagize ati "Njyewe amande nciwe ndayemera rwose ni ukugirango ankebure. Gusa ngiye gufata ingamba kandi nkoreshe ibikoresho bigezweho bidateza isuku nke."
Umuyobozi wungirije w'akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza y' abaturage Kirenga Providence yatangarije itangazamakuru ko mubyo bibanzeho ari ukureba uko ibyo kurya bitangwa mu marestaurant bitunganwa. Uyu muyobozi yongeraho ko aho banyuze basanze bidakabije kuba bibi.
Yagize ati "Abo twasanze hari ibitagenda twabagiriye inama yo kwisubiraho. Iki cyiciro turimo ni ugukosora no kubagira inama ariko nitugaruka tuzahana uzaba atarabyubahirije."
Muri iki gikorwa restaurant imwe yafunzwe kuko yari ikabije kugira umwanda kandi itari yujuje ibisabwa. Izindi restaurant banyirazo bagiriwe inama zo kwisubiraho. Muri iki gikorwa cy'isuku hafashwe n'ibiribwa byacuruzwaga kandi byararengeje igihe(expired).
0 comments:
Post a Comment