
tariki ya 10 Kanama 2012 ku biro bya buri kagari mutugize umurenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi habaye inama y’abana bafite imyaka kuva kuri 6 kugera kuri 16 . Intego nyamukuru y'iyo nama kwari ukubasobanurira gahunda y’amatora ya komite y’abana bahagarariye abandi mu nama y’igihugu y’abana.
Basobanuriwe intego y'ayo matora na gahunda y’amatariki y’amatora kandi barabyishimira bagaragaza ko bazayitabira bihagije. Nyuma basabwe korora amatungo magufi ( inkoko,inkwavu) n’ubuhinzi bw’imboga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi igaragara mu miryango imwe n’imwe, bakaba baranasabwe gukura bakunda igihugu cyabo kuko aribo bazakiyobora ejo hazaza.
Ubuyobozi bw'umurenge bwafashe gahunda yo koroza umwana umwe mu muri buri mudugudu wo mukagari ka Giheke. Mu mudugudu wa Rwumvangoma hazorozwa HAKIZIMANA Theogene ufite imyaka 11, mu mudugudu wa Karambo ni NDAYAMBAJE Christophe ufite imyaka 10 ,umudugudu wa Wimana hazorozwa NIYITEGEKA Isaac ufite imyaka 13 ,umudugudu wa Murambi ni NIYONKURU Yvone ufite imyaka 12 naho mu mudugudu wa RUGOMBO hazorozwa TUYISHIME Emmanuel ufite imyaka 11.
Bose bazorozwa inkoko ebyiri nk'abana batoranyijwe batishoboye kuruta abandi ngo bakazabera urugero abandi bana kandi bafashe na gahunda yo kuzoroza abandi muri izo nkoko mugihe zizaba zororotse. Abo bana baturutse mu midugudu 5 igize akagari ka Giheke. Ibyo ngo bikaba bigamije gukomeza imihigo hubakwa ubuzima bwiza n’iterambere rirabye ry’abana.
Posts Related to Rwanda | RUSIZI : Mu murenge wa Giheke, hateraniye inama y'abana
Aba bana 13 bo mu mirenge 13 igize akarere ka gisagara kongeraho uwa 14 ubahagarariye ku rwego rw'akarere bahawe ikiganiro kuri iyi nama nkuru ...
Umuyobozi w'akarere ka Burera aratangaza ko mu rwego rwo gukomeza kurwanya imirire mibi bashyize ho ikaye izabafasha kuzajya bamenya ahantu hari umwana ufite imirire mibi. ...
Nyuma y'uko hamwe na hamwe mu midugudu igize akarere ka Kamonyi hatangijwe itorero ry'igihugu kuri urwo rwego, abaturage bavuga ko bunguka ubumenyi bwinshi buzabafasha mu ...
Abituye bagabira bagenzi babo bo mu Murenge wa Kinazi ni abantu batanu bahawe inka muri gahunda ya Girinka mu rwego rwo kubafasha kwivana mu bukene. ...
Gahunda y'ubudehe yateje imbere abaturage batuye umudugudu wa Karambi, akagari ka Kageyo mu murenge wa Rushashi aho yabafashije kwigurira urusyo, kurihirira abana batandatu bakarangiza, koroza ...
Google+
0 comments:
Post a Comment