Abajyanama bagaragaje impungenge z'ibikorwa bigerwaho binyuze mu mihigo ko bitaramba bityo bagasaba ko habaho kubungabunga ibyo bikorwa birimo imihanda, isuku n'isukura ndetse n'imiturire.

Abajyanama b'akarere bamurikirwa imihigo y'abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge
Umwe mu bajyanama yagaragaje ko hakoreshejwe imbaraga nyinshi mu gukangurira abaturage kudasangirira ku muheha ariko kugeza uyu munsi ngo umuco wo gusangira ku muheha waragarutse hamwe na hamwe.
Ikindi, imihanda yahanzwe ijya mu midugudu usanga yarasibamye kandi yagombye kwitabwaho kugira ngo imihigo ye guhora mu bintu bimwe byakozwe ntibyakwitabwaho.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge basabwe kubungabunga ubusugire bw'ibyo bikorwa mu mihigo hakibandwa ku bindi bisigaye.
Ibi byagarutsweho mu nama yateranye tariki 14/08/2012 aho abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge 19 igize akarere ka Gakenke bamurikiye bwa mbere inama njyanama y'akarere imihigo bazibandaho mu mwaka wa 2012-2013.
Mu bukungu, bazongera umusaruro ukomoka ku buhinzi bibanda ku bihingwa byatoranyijwe guhingwa mu karere, banahuze ubutaka. Bazoroza kandi abantu batishoboye muri gahunda ya Girinka ndetse no kuremera abandi bantu batoroye.
Mu bijyanye n'imibereho myiza, abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge bahize gushishikariza abaturage kwitabira mitiweli ku gipimo cy'ijana ku ijana. Bavuga ko bazubaka ibyumba by'amashuri y'imyaka 12 y'ibanze (12 YBE) ndetse n'amacumbi y'abarimu.
Mu miyoborere myiza n'ubutabera bahize imbere y'inama njyanama kuzakemura ibibazo by'abaturage ku gipimo cy'ijana ku ijana. Ikindi ngo bazubaka ibiro by'utugari n'ubwo bazagira ikibazo k'isakaro kandi banongere amafaranga y'imisoro n'amahoro.
Iki gikorwa cyo guhigira imbere y'inama njyanama y'akarere ni ku nshuro ya mbere kibaye bityo bikaba byarashimwe n'abajyanama b'akarere basaba ko hashyirwaho itsinda yo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo.
Posts Related to Rwanda | Gakenke: Abagize njyanama y'akarere barasaba ko habaho ubusugire bw'ibikorwa byagezweho mu mihigo
Umuyobozi ushinzwe imikorere y'inzego z'ibanze muri MINALOC, Mufuruke Fred wari ukuriye itsinda ryasuzumye ishyirwa mu bikorwa ry'imihigo avuga ko buri rwego rw'ubuyobozi rugomba guhiga imihigo ...
Umurenge wa Muyongwe wegukanye umwanya wa mbere mu kwesa imihigo y'umwaka wa 2011-2012 n'amanota 95 ku ijana mu mirenge 19 igize akarere ka Gakenke. Umurenge ...
Mu gihe habuze iminsi mikeya ngo hasuzumwe imihigo y'umwaka wa 2011-2012 ndetse hamurikwa imihigo ya 2012-2013, abayobozi b'inzego z'ibanze bo mu karere ka Gakenke bibukijwe ...
Umuyobozi w'akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias amurikira inama njyanama y'akarere ibyagezweho mu mihigo ya 2011-2012 tariki 20/06/2012, yatangaje ko akarere kageze kuri byinshi, bityo ...
Nk'uko bimaze kuba intego kandi byihutisha iterambere ry'igihugu, gukorera ku mihigo byageze no mu tugali. Ni muri mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi ...
Google+
0 comments:
Post a Comment