Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Ubuholandi bwahagaritse inkunga ya € 5million yagenerwaga u Rwanda

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Ubuholandi bwahagaritse inkunga ya € 5million yagenerwaga u Rwanda
Jul 27th 2012, 07:53

Leta y'Ubuholandi ishingiye kuri raporo za UN zishinja Leta y'u Rwanda gufasha abarwanyi bigometse kuri Leta ya Congo, yahagaritse inkunga ya miliyoni eshanu z'ama Euro yagenerega u Rwanda nkuko byatangajwe n'umuvugizi wa Ministeri y'Ububanyi n'Amahanga y'Ubuholandi kuri uyu wa kane.

 

Icyemezo cya Leta y'Ubuholandi gikurikiye icya Leta z'Unze Ubumwe za Amerika ku cyumweru gishize yatangaje ko ihagaritse by’agateganyo inkunga ya 200 000$ yageneraga guhugura ingabo z'u Rwanda.

Leta y'u Rwanda yatangaje ko ibyo Leta ya Amerika yagendeyeho ari amaraporo adafite ishingiro. Abakoze izi raporo kuva kuwa gatatu w'icyi cyumweru bari mu Rwanda aho baje gukora irindi perereza ryimbitse kuri raporo batangaje ku Rwanda, bakaba batarasohora ibyo babonye.

Umuvugizi wa Ministeri y'Ububanyi n'Amahanga y'Ubuholandi yatangaje ko inkunga yahagaritswe by'agateganyo ari iyafashaga u Rwanda guteza imbere inzego z'Ubutabera n'imiryango imwe n'imwe itegamiye kuri Leta.

Leta y'Ubuholandi iratangaza ko iza kuganira n'izindi Leta zigize European Union kuri iyi nkunga, gusubizaho iyi nkunga ngo bikaba bisaba u Rwanda guhagarika ubwo bufasha baha abigometse muri Congo cyangwa kugaragaza ko ntabwo babaha.

Leta y'u Rwanda kugeza ubu ntacyo iratangaza kuri iki cyemezo cy'Abaholandi, gusa u Rwanda rukaba rwarakomeje kugaragaza ko nta bufasha ubwo aribwo bwose igenera umutwe wa M23 ugizwe n'abacongomani bavuga ikinyarwanda.

Ministre Louise Mushikiwabo avuga ku cyemezo Amerika yafashe, muri icyi cyumweru yagize ati: " Byari kuba byiza US cyangwa undi mufatanyabikorwa wacu afashe icyemezo gishingiye kubimenyetso, kidashingiye ku birego n'ibivugwa".

Intambara ikomeje hagati ya M23 n'ingabo za Leta zifatanyije n'ingabo za MONUSCO, imaze gutuma abantu barenga 260 000 bahunga ingo zabo, muri izi mpunzi ubu 14 419 (kugeza kuri uyu wa gatanu kuko nibura abagera kuri 20 baza buri munsi) bahungiye mu Rwanda nkuko tubikesha Ministeri ifite impunzi mu nshingano zayo.

Reuters

Jean Paul Gashumba
UMUSEKE.COM 

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment