Ku itariki ya 27/07/2012 minisiteri ishinzwe ubuzima muri Uganda yamenyesheje umuryango mpuzamahanga w'ubuzima ko icyorezo cya Ebola cyateye muri icyo gihugu mu gice cy'uburangerazubu mu karere Kibaale.

Abita ku barwayi ba Ebola ni bacye muri Uganda, aba ni bamwe muri bo bari bamaze kwita ku barwaye Ebola mu bitaro bya Bundibugyo mu 2007
Mu gufasha Uganda, OMS n'ikigo nyamerika gishinzwe gukumira indwara z'ibyorezo bagiye kohereza impuguke zigera kuri 800 mu karere ka Kibaale mu gufasha gusuzuma ,kwirinda ikwirakwizwa ry'iyo ndwara.
Kugeza ubu muri kariya gace hamaze kugaragara abarwayi 20 nkuko OMS ibivuga muribo 14 bakaba baritabye Imana .
Indwara ya Ebola ni indwara ikomeye cyane kandi yica. Igirwa n'abantu cyangwa ibisimba bimwe na bimwe nk'inkende cyangwa ingagi ari nabyo bavuga ko iturukaho iza mu bantu.
Ebola iterwa n'agakoko ko mu bwoko bwa Virus
ebola igira ibihe bimenyetso ?
- kubabara mu ngingo
- kubabara umugongo
- gutengurwa
- kunanirwa
- umuriro
- kubabara umutwe
- kumva utameze neza mu mubiri
ibi bimenyetso tumaze kuvuga haruguru bigaragara iyo indwara igitangira.
Mu gihe cya nyuma ebola igaragazwa :
- kuva amaraso mu maso, mu mazuru ndetse no mu matwi
- kuva amaraso mu kanwa no mu kibuno
- kubyimba kwimyanya ndangagitsina
- kuza utubyimba ku mubiri turimo amaraso
- igicuri
- kujya muri koma
Indwara ya Ebola se yaba ivurwa?
Kugeza ubu indwara ya Ebola nta muti igira. Nta muti wo kwica agakoko ka ebola ubaho. Kwa muganga icyo bakora ni ukukongerera amaraso kuko n'ubundi igitera Ebola kwica ni uko iba yamaze amaraso yose mu muntu.
Corneille K Ntihabose
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment