Uwahoze ayobora Leta z'unze Ubumwe za Amerika, Bill Clinton, biteganyijwe ko agera mu Rwanda kuwa gatatu w'iki cyumweru mu gikorwa cyo gutangiza kumugaragaro ikigo cyo kuvura Cancer kiri i Butaro.

mu kwa munani 2008, Bill Clinton ubwo yaramutsaga abahinzi i Rwinkwavu
Nkuko byatangajwe na Clinton Foundation, Clinton azaza gutangiza iki kigo gihabwa ubufasha na Foundation abereye umuyobozi, mu mihango izabera mu ntara y'Amajyaruguru.
Ibitaro bigezweho bya Butaro byubatswe bufatanye hagati ya Clinton Foundation, Leta y'u Rwanda n'umushinga wa Partners in Health, nibyo bitaro bya mbere mu Rwanda bigiye kugira ikigo cyo kwita no gukumira indwara ya Cancer cya mbere mu Rwanda, cya mbere kandi muri aka karere ka Africa giherereye mu cyaro.
"Clinton azitabira ifungurwa kumugaragaro rya 'Butaro Cancer Center' ari kumwe na Paul Farmer na Jeff Gordon. Iyi santeri yakozwe ku bufatanye bwa Clinton Global Initiative, Jeff Gordon Children's Foundation na Partners in Health" ni ibyanditse mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Clinton Foundation
Paul Farmer ni umunyamerika watangije umushinga wa Partners in Health.
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi, rivuga ko mu 2020 hashobora kuzaba hari abantu miliyoni 16 bashya bafite indwara ya Cancer. 70% byabo bazaba ari abo mu bihugu biri mu nzira y'amajyambere nk'u Rwanda.
Egide RWEMA
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment