Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance: Rwanda : 29% by’abatuye isi bibasiwe n’inzoka zo mu nda

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Rwanda : 29% by'abatuye isi bibasiwe n'inzoka zo mu nda
Jul 12th 2012, 11:13

Rwanda | Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko abagera kuri 29% by'abatuye isi bakunze guhura n'ikibazo cy'inzoka zo mu nda zikunze kwibasira abantu ziturutse ku butaka.

Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko abagera kuri 29% by'abatuye isi bakunze guhura n'ikibazo cy'inzoka zo mu nda zikunze kwibasira abantu ziturutse ku butaka.

Iyo umuntu ataye umwanda wo mu musarane ahantu ku butaka, mu gihe asanzwe afite ubu burwayi bw'inzoka zitandukanye, usanga uwo mwanda uba ubonekamo amagi atera iyi ndwara kandi ari menshi, bityo akaba ari yo mpamvu bavuga ko abenshi mu bibasirwa n'inzoka zo mu nda biba byaturutse ku butaka, ariko na none ugasanga izi ndwara nazo zibasira ahantu haboneka isuku nke muri rusange nk'uko byemezwa n'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita k'ubuzima.

Mu gihe amagi amaze kugera ku butaka, ashobora gukwirakwira ku bimera cyangwa se ibihingwa muri rusange nk'imboga, imbuto n'ibindi bitandukanye, ndetse akamara igihe kirekire aho ageze, bitewe n'ubwoko bw'agakoko kayateye.

Aha bavuga ko abagera kuri miliyari ebyiri barwaye inzoka zikomotse kuri aya magi, ariko benshi mu bazirwaye bakaba bakomoka mu bihugu bikennye biri haruguru no hepfo gato ya Koma y'Isi, ari naho urwanda ruherereye.

Mu gihe izi ndwara zigeze ku bana, bigira ingaruka zigaragara inyuma ku mubiri, mu bwonko no mu mikurire muri rusange.

Aya makuru akomeza avuga ko mu kurwanya izi ndwara ari ngombwa kwigisha abantu kugira isuku ku myambaro, ku biribwa no mu binyobwa.

Nko ku barya imboga mbisi, ni ngombwa ko ziba zisukuye cyane ku buryo hakwizerwa ko nta majyi y'udukoko yaba asigayeho.

Si byiza kandi kurya imbuto umuntu ataronze cyane n'amazi asukuye. Ni na ngombwa kugirira isuku intoki n'ibindi bikora ku mafunguro, kugira ngo hirindwe indwara zikomoka ku mwanda.

 

 

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment