Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance: Rwanda | Ruhango: amata ya Soya azagira uruhare runini mu kurwanya indwara ya bwaki

Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Ubuzimabwacu | Rwanda Health | Rwanda hygiene| Rwanda Health Care |Rwanda Medical Insuarance
Rwanda | Ruhango: amata ya Soya azagira uruhare runini mu kurwanya indwara ya bwaki
Jul 13th 2012, 11:56

Rwanda | Ababyeyi n'abana babo barwaye bwaki

Ababyeyi n'abana babo barwaye bwaki

Koperative Abahuje ikorera mu karere ka Ruhango, irasaba ababyeyi kwitabira gukoresha amata ava mu gihingwa cya Sayo kuko agira intungamubiri nyinshi kuruta amata asanzwe.

Ubuyobozi bw'iyi koperative abahuje buvuga ko ubu buri mu gikorwa cyo kongera amata ava muri Soya kugirango kugirango buhangane n'indwara ya bwaki ikigaragara mu mirenge imwe n'imwe igize akarere ka Ruhango

Uwarurema Beatrice ni umuyobozi w'iyi koberative Abahuje, avuga ko ababyeyi bakwiye gushishikarizwa gukoresha amata y'igihingwa cya Soya, kuko bizabafasha kurandura iyi ndwara ya bwaki kandi nta biguzi byinshi batanze.

Bamwe mu babyeyi barwaje indwara ya bwaki, bavuga ko iyi ndwara iterwa n'amikoro make kuko baba batagira aho bakura cyangwa ngo babone amasambu ahagije yo guhingamo.

Mukeshimana Monique atuye mu mudugudu wa Ruhuha akagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango afite abana 4 barwaye Bwaki, avuga ko kuba yararwaje iyi ndwara ngo byatewe no kuba atagira aho akura kuko ari umukene.

Rwanda | Amwe mu mata ava mu gihingwa cya Soya atunganywa na koperative abahuje

Amwe mu mata ava mu gihingwa cya Soya atunganywa na koperative abahuje

Ubuyobozi bw'akarere ka Ruhango, bwo buvuga ko kugeza ubu bwaki idaterwa n'amikoro make, ahubwo ngo usanga bagifite ubujiji bwo kutamenya gutegura indyo yuzuye.

Umuyobozi w'akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza

y'abaturage Mugeni Jolie Germaine, avuga ko ntako batagira kugira ngo aba babyeyi bashobore kumenya gutegurira abana babo indyo yuzuye. Gusa ngo guhindura imyumvire yabo bikaba ikibazo.

Mu bushakashatsi buherutse gukorwa, bwagaragaje ko akarere ka Ruhango kaza mu myanya ya nyuma mu turere tugifite imibereho mibi y'abaturage.

Iyi koperative Abahuje, batanga ikizere ko ababyeyi nibamara kumva agaciro ko gukoresha amata akomoka ku gihingwa cya Soya, ngo bizaba igisubizo kuri iyi ndwara ya bwaki.

 

 

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment