
Bari mu kimina
Abaturage batuye mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barishimira ko kubona ubwisungane mu kwivuza babikesha ibimina.
Nkuko bitangazwa kuru uyu wa19/7/2012 n'abaturage batuye muri uwo murenge bavuga ko kujya mu bimina byabafashije kwishyura neza ubwisungane mu kwivuza.
Mukandanga Nadine avuga ko kubera ubufatanye n'imyumvire myiza bafite bashyira hamwe mu bimina byatumye bagera kubikorwa by'indashyikirwa ubu bakaba barimo no gutanga ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2013.
Abaturage kandi bemera ko ibimina byabagejeje kuri byinshi byiza nko kuri gahunda yo kugurizanya baca nyakatsi zo kuburiri, muri gahunda ya dusasirane no kubakirana ibikoni kubatabifite no gusanirana amazu hagati yabo kubo yashaje cyangwa yagize aho yangirika.
Ibi bikorwa kandi byo kujya mubimina babishishikarijwe n'uhagarariye ubwisungane mu Karere ka Gicumbi Higiro Damas nk'uko nawe abitangaza.
Avuga ko benshi mu baturage babonaga ntaho bazakura ayo mafaranga hanyuma hashyiraho uburyo bwo kwibumbira mu bimina buke buke hanyuma hakaza kujya havukamo amashyirahamwe akomeye ndetse agizwe n'abantu barenga icumi nk'uko ikimina cyabaga kigizwe n'uwo mubare w'abantu icumi gusa.
Ubu umubare w'abamaze gutanga ubwisungane bo mukarere ka Gicumbi mu mwaka wa 2013 umaze kugera ku rwego ruhimishije kuburyo mu mpera z'ukwezi kwa Kanama buri muturage wese hakurikijwe icyiciro arimo azaba amaze gutanga ubwisungane abikesha ikimina arimo.
0 comments:
Post a Comment