Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Tare: Abaturage barasaba gusobanurirwa uko amafaranga batanga akoreshwa.

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Tare: Abaturage barasaba gusobanurirwa uko amafaranga batanga akoreshwa.
Jul 25th 2012, 11:40

 

300px NyamagabeDist Rwanda | Tare: Abaturage barasaba gusobanurirwa uko amafaranga batanga akoreshwa.

300px-NyamagabeDist

Abaturage bo mu kagari ka gatove ko mu murenge Tare mu karere ka Nyamagabe barasaba gusobanurirwa uburyo  amafaranga batanga yo kubaka ibiro by'akagari akoreshwa.

Ibi aba baturage babisabye nyuma yo kongerwa gusabwa gutanga andi mafaranga nyamara n'ayo batanze batazi aho yagiye.

Ubusanzwe aba baturage bo muri aka kagari bumvikanye n'ubuyobozi bw'umurenge ko bazafatanya mu kubaka ibiro by'akagari kuko kugeza ubu akagari kabo nta biro gafite kakaba gakorera mu nzu gakodesha.

Hamazwe gukorwa inyigo y'amafaranga azakoreshwa mu kugura ikibanza, abaturage basanza buri muntu agomba gutanga amafaranga y'amanyarwanda  ari hagati ya 500 n'igihumbi 1000 bitewe n'amikoro ye.

Nyuma yo gutanga aya mafaranga ariko aba baturage ngo batunguwe no kongera gusabwa gutanga ayandi kandi nyamara n'aya mbere batazi n'aho yagiye. Aba baturage bavuga iyo umuyobozi w'akagari ahindutse, undi ugiyeho yongera kubaka amafaranga.

Ndayisaba Marcel, umwe muri aba baturage yagize ati «  uvuyeho arayatwaka n'ugarutse ukatayatwaka, nicyo kibazo dufite. Impamvu tutabyumva ni uko akagari katubakwa tukanga tukaguma mu busembere. »

Undi muri aba baturage we yagize ati «  Turababwira tuti iyaba mwatumurikiraga ibya mbere cyangwa mukatubwira icyo biri gukora noneho tukabona aho duhera tubaha andi mafaranga. »

Bayiringire Jean, umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Tare we asanga uwatanze umusanzu wemejwe mu nama nta wundi akwiye gusabwa akanizeza aba baturage bo mu kagari ka Gatovu ko amafaranga yabo ahari kandi ko niba hari uwatswe aya mafaranga inshuro irenga imwe azayasubizwa.

 

 

 

 

 

Posts Related to Rwanda | Tare: Abaturage barasaba gusobanurirwa uko amafaranga batanga akoreshwa.

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment