Umusore witwa Bugirimfura Jean Claude SANGWA utuye mu kagali ka Bweramana mu murenge wa Muhororo ho mu karere ka Ngororero arashimira Leta ko yamukuye mu buzima bwo mu muhanda maze ikamwohereza ku kirwa cya WAWA aho yakuye ubumenyi bwinshi burimo gukora ubuhinzi bwa kijyambere none akaba amaze kugera kuri byinshi.
Bugirimfura avuga ko yataye ahahoze ari iwabo mu myaka ya 2000 akiri umwana muto maze ajya kwibera i Kigali kandi nta kazi ahafite maze bigatuma yishora mu buzima bubi bwo kurara mu mateme no kunywa ibiyobyabwenge igihe cy'imyaka 11 yose. Kubw'amahirwe ye nkuko abyivugira, ngo Imana yakoresheje Leta y'u Rwanda maze iramufata imujyana I wawa aho yari aziko agiye kugirirwa nabi ariko bimuviramo kumererwa neza.
Uyu musore ubu ufite imyaka 25 y'amavuko yakurikiye inyigisho n'amahugurwa byatangirwaga I wawa mu mwaka ushize wa 2011, avayo azi gusoma neza no kwandika ndetse anahakura ubumenyi bujyanye no gukora business mu buhinzi bwa kijyambere. Akigera iwabo, uyu musore kimwe na bagenzi be bahawe inkunga zo gutangira imirimo ijyamye n'ibyo bakurikiye, aho Bugirimfura yahawe amafaranga 135000frw ndetse ahabwa n'ihene yo korora nkuko yabidutangarije.
Kuri ubu, Bugirimfura akora ubuhinzi bw'ibihumyo ndetse n'ibindi bihingwa bya kijyambere nk'ibigori, inyanya n'ibindi, akaba abikorera mu mirima yatijwe n'akarere ka ngororero ndetse n'ikigo cy'ishuli cyegereye aho atuye. Uretse ibikorwa by'ubuhinzi uyu musore akora, anakoresha abakozi ahemba ariwe ubayoboye, yanatangiye kwiyubakira inzu yo kubamo ubu igeze ku gisenge.
Mudahogora Violette, umukozi w'akarere ka Ngororero ushinzwe ibikorwa byo gufasha abatishoboye avuga ko kimwe na Bugirimfura, n'urundi rubyiruko rwo muri ako karere rwahawe amahugurwa i wawa rurimo gutera imbere kandi akarere kakaba kazakomeza kubaba hafi kugira ngo bazabere abandi icyitegererezo cy'ejo hazaza.
Kuriwe, bugirimfura yifuza ko abantu bose harimo n'abakuru bapfusha ubwenge n'imbaraga byabo ubusa bahabwa amahugurwa nk'ayo we na bagenzi be bahawe maze bakabasha gukora ibikorwa by'iterambere, ndetse anenga abavuga ko i wawa ari ahantu habi, kandi mu by'ukuri ari ahantu hari ubumenyi bwinshi abantu bahabwa kubuntu.
Posts Related to Rwanda | Ngororero: Arashima ubuyobozi bwamukuye mu muhanda bukamwigishiriza i Wawa
Mu kiganiro twagiranye n'abasore bahoze mu muhanda ari inzererezi bakomoka mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki ya 26/01/2012 bavuye kwiga imyuga i ...
Jean Claude Nsengiyumva umusore w'imyaka 30 wirabura ufite igihagararo n'igikundiro. Iyo umwitegereje ubona ageze igihe cyiza cyo kuryoherwa n'ubuzima ariko iyo muvuganye akumwenyurira akubwira ko ...
Bimwe mu bikorwa bya VUP mu karere ka Ngororero (photo archive) Umushinga VUP (Vision Umurenge Program) ni gahunda yashyizweho na Leta mu rwego rwo kwihutisha ...
Ku itariki ya 07/03/2012 mu murenge wa Gatebe wo mu karere ka Burera, abantu bakuru 50 bahawe impamyabumenyi z'uko bamenye gusoma, kwandika no kubara nyuma ...
Mu muhango wo gusoza itorero ry'igihugu ku rwego rw'imidugudu wabaye tariki ya 14/06/2012 abaturage barangije amasomo yo gusoma, kwandika no kubara bo mu murenge wa ...
Google+
0 comments:
Post a Comment