
Depite Gahondogo Anastasie, ari kumwe na Depite Niyitegeka Winifrida, bagendereye ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho rikorera mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Huye, kuwa 27 Nyakanga,2012. Iri shyirahamwe rigizwe n'abapfakazi ba jenoside, abagore b'abagabo bafungiye jenoside ndetse na bamwe mu bagabo barangije ibihano.
Ngo icyabateye kubagenderera, kwari ukugira ngo bamenye aho bageze mu mikorere yabo. Mu kiganiro bagiranye, baberetse aho ibikorwa byabo by'ubuhinzi n'ubworozi bigeze.
Ku bijyanye n'imikorere yabo mu bijyanye n'ubumwe n'ubwiyunge, bagaragaje ko bagifatanya hagati yabo, kandi bagafasha n'imfubyi. Umwe muri aba banyamuryango yagize ati "imfubyi zacu turazisura, barwara tukabavuza. Tujya tunahura tukabahingira iyo tubona bagiye kurara ihinga".
Iri shyirahamwe ariko, hari aho ryagiye ritanga ubuhamya ku bumwe n'ubwiyunge abantu bakabemerera inkunga, nyamara bagategereza ko bazibazanira bagaheba. Aba badepite babasabye kuzabaha aderesi bafite z'abo bantu bakazabafasha kubibutsa.
Depite Gahondogo anishimira ibikorwa by'aba bibumbiye mu ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho, agatangazwa n'imbaraga bafite zituma badacogora ngo ishyirahamwe ryabo ribe ryasenyuka. Yagize ati " n'ubwo ari abantu bafite intege nkeya, (abenshi bamaze gusaza) badafite inkunga zihambaye, ubona bafite imbaraga nyinshi mu byerekeranye n'ubumwe n'ubwiyunge. Nshimishwa no kubasura, ngo menye aho bageze mu dukorwa twabo tudahambaye".
Depite Gahondogo rero abona bafite abantu benshi bakora nka bo, ubumwe n'ubwiyunge bwabasha kugerwaho neza mu Rwanda.
Posts Related to Rwanda | Huye: Depite Gahondogo yasuye ishyirahamwe Ubutwari bwo kubaho
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barasabwa kwibumbira mu ma-club kuko ari imwe mu nzira ziganisha ku bumwe n'ubwiyunge. Iyo abantu ...
Bamwe mu bakozi bo mu rugo bo mu mudugudu wa Taba, umurenge wa Ngoma, mu karere ka Huye bamaze kwibumbira mu ishyirahamwe "Intore z'Amahoro" mu ...
Amwe mu mashyirahamwe akorera mu karere ka Rulindo, arasabwa kurushaho kunoza icungamutungo kugira ngo babashe kwizera iterambere rirambye. Muri gahunda yo kugenzura imikorere y'imishinga iterwa ...
Abarwayi ba diyabete n' abarwaza babo bibumbiye muri Association Baho Umenye Nkumenye ikorera mu karere ka Gisagara na Huye, baratangaza ko kwishyira hamwe bizabafasha guhangana ...
Abana birera batuye mu murenge wa Kigina bibumbiye mu ishyirahamwe Abunzubumwe none kuri ubu ngo bameze neza kuko bishyize hamwe bituma bivana mu bwigunge batewe ...

0 comments:
Post a Comment