Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development: Rwanda : Gushyira ibice by icyaro mu mujyi ngo bihendesha abaturage bafite ubushobozi buke

Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Bahoneza | Rwanda Social Welfare | Rwanda Nutrition | Rwanda social development
Rwanda : Gushyira ibice by icyaro mu mujyi ngo bihendesha abaturage bafite ubushobozi buke
Jul 23rd 2012, 07:44

Gushyira ibice by'icyaro Rwanda : Gushyira ibice by icyaro mu mujyi ngo bihendesha abaturage bafite ubushobozi bukeBamwe mu bagize inama njyanama y'akarere ka Muhanga bemeza ko gushyira imwe mu midugudu  y'icyaro yegereye mumujyi bihendesha iyo midugudu kandi atari iy'umujyi nyakuri.

Ikigo cy'igihugu gishinzwe imiturire cyamaze gukora ibishushanyombonera by'imijyi yo mu Rwanda. Ibi bishushanyo bigaragaramo ibice bitandukanye, birimo ibice by'umujyi nyakuri cyangwa amasantere y'imijyi ndetse n'inkengero zawo.

Ibi bice byishwe inkengero z'umujyi usanga ari ibice ahanini bigizwe n'ibyaro bitagaragaza iterambere na rito ry'umujyi.

Kuba ibi bice by'icyaro byarashyizwe mu mijyi ngo hari aho bizagira ingaruka ku baturage kuko ubuzima bwaho bushobora kuzajya bufatwa nk'ubwo mu mujyi kandi atari ko biri. Aha akaba ari nk'abashaka kubaka bazajya basabwa kubaka inyubako zijyanye n'umujyi kandi bari mu cyaro.

Mu minsi ishize abatuye ibi bice mu karere ka Muhanga, bari bagaragaje ikibazo cy'uko bishyizwa amafaranga y'ubukode bw'ubutaka menshi nk'ay'abantu batuye mu mijyi kandi ibikorwa bahakorera byose ari ibikorwa by'ubuhinzi nko mu cyaro.

Aha ariko umukozi w'ikigo cy'igihugu cy'imiturire (Rwanda Housing), Byiringiro Alexis avuga ko impamvu iyi midugudu yagiye ishyirwa mu mijyi ngo Ari ukugirango izagurirwemo umijyi. Aha ariko ngo ntibivuze ko imyubakire y'ahantu hose hagize umujyi igomba kuba iri ku rwego rwo hejuri ahubwo ngo hazaba n'ibice byagenewe kujya byubakamo abafite ubushobozi buciriritse.

Kugirango ibi bice by'icyaro biri mu mijyi bitangire kubakwa nko mumijyi, hazabanza hagezwe ibikorwa remezo nk'imihanda iciye neza, amazi amashanyarazi n'ibindi.

Ibi bikaba byarakozwe kuko usanga ibice byinshi byo mu mijyi rwagati biba byaruzuye nubwo usanga bitubatse ku buryo busabwa n'imijyi. Ibi bice kandi by'icyo byo mu mujyi nibyo bizajya byimukiramo abazaba bimuwe mu mujyi rwagati kuko badafite ubushobozi bwo kubaka inyubako zigendanye n'igihe.

Byiringiro avuga ko ikigo cy'igihugu cy'imiturire cyifuza ko hajya habanza hakubakwa igice kimwe kikarangira hakabona gufatwa ikindi mu rwego rwo kugira umujyi uteranye.

Ubuyobozi bw'akarere ka Muhanga butangaza ko abatuye umujyi bagikoreramo ibikorwa by'icyaro nk'ubuhinzi bakwiye kuwimukamo bakajya kubikorera mu cyaro habugenewe.

 

 

 

Posts Related to Rwanda : Gushyira ibice by icyaro mu mujyi ngo bihendesha abaturage bafite ubushobozi buke

share save 171 16 Rwanda : Gushyira ibice by icyaro mu mujyi ngo bihendesha abaturage bafite ubushobozi buke

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment