Kugona ni ikintu kibangamira umuntu uryamanye nawe, byagera ku bashakanye bo bagomba kurarana kugeza ubuzima bwabo bwose bikaba ibindi bindi.

ngo hari abahiriita (kugona) bakaraza abagenzi babo maso/ photo interneta
Nkuko tubikesha inyigo yakozwe n'ikigo IPSOS cyo mu Ubufaransa yerekana ko kugona bizana impagarara mu miryango kugeza aho byanabaviramo kubaviramo gutandukana.
Umuganga uvura indwara zifata amatwi, amazuru,n'umuhogo (Oto-rhino-laryngologie,ORL) yatangaje ko hari nabaza kumwaka icyemezo cyerekana ko umufasha we agona ngo acyifashishe mukwaka gatanya.
Umubyeyi witwa Sandrine,25, we yatangarije ikinyamakuru Sante feminine dukesha iyi nkuru ko abangamiwe cyane no kugona k'umugabo we yagize ati: "Aragona bikambangamira ,noneho bikaba akarusho igihe yarwaye giripe; icyo gihe cyo ndara njyenyine."
Ingamba wafata ngo ureke kugona
Gabanya ibiro byawe
Byagaragaye mu bushakashatsi bwakozwe na professor Jean-LouisRaciment, umuganga mu bitaro bya Kaminuza bya Angers (France) ko 60% by'abagona baba bafite ibiro birenze ibisanzwe.
Nyamara ngo ababigabanyije baje kureka kugona.
Kuryamira uruhande cyangwa kubika inda
Ibi iyo ubikoze gutya bifasha ururimi kujya inyuma mu nkanka bikagabanya inzira y'umwuka ukoresha ugona.
Gukoresha sprays, languettes, na bandelettes
Ibi byose bifasha mu gusukura amazuru, n'inkanka mbere yo kuryama bituma kugona bigabanuka. Biboneka ahacururizwa imiti henshi.
Kubaga (Operation)
Kubaga inzira z'umwuka ni umwanzuro wa nyuma ushobora gukorwa kugirango umuntu areke kugona, yirinda kubangamira bagenzi be cyangwa mugenzi we.
Corneille K Ntihabose
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment