Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Nyamasheke: Akarere kari gukora inyigo ku iterambere ry’ubukerarugendo

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Nyamasheke: Akarere kari gukora inyigo ku iterambere ry'ubukerarugendo
May 29th 2012, 11:30

NyamashekeDist1 300x174 Nyamasheke: Akarere kari gukora inyigo ku iterambere ry'ubukerarugendoMu karere ka Nyamasheke kuwa 25 gicurasi, komite nyobozi y'abafatanyabikorwa mu iterambere ry'akarere (JADF) n'abandi bafite aho bahuriye n'ubucyerarugendo bamurikiwe inyigo y'igishushanyo mbonera cy'iterambere ry'ubukerarugendo ngo babanze bagikoreho ubugororangingo banagitangeho ibitekerezo mbere y'uko gishyikirizwa izindi nzego ngo zicyemeze.

Urban planning & civil engineering consult (UPCE) iri gukora iyi nyigo yerekanye ahantu hatandukanye hashobora gukorerwa ubukerarugendo ariko hakaba hadatunganije, ahenshi hakaba ari ku nkengero z'ikiyaga cya Kivu n'ahandi hantu hazwi mu mateka y'u Rwanda, aha tukaba twavuga nk'ibigabiro by'umwami Rwabugiri, akarwa k'abakobwa aho bajyaga barohera abakobwa batwaye inda zitateguwe, ahitwa mu kigaga ahatuye Dr Richard Kandt wabaye rezida wa mbere w'u Rwanda hakanasomerwa misa ya mbere mu Rwanda ,n'ahandi.

Murekashungwe Evergiste, umukozi wa UPCE yavuze ko basanze aha hantu hose hadatunganijwe ngo habyazwe umusaruro mu rwego rw'ubukerarugendo, bakaba basanga hakwiye gutunganywa haba inzira zijyayo ndetse n'ibindi bikorwa remezo hagakoreshwa mu bukerarugendo.

Basabye kandi ko abaturage bashishikarizwa gukora kugira ngo babashe guhaza isoko rinini bafite haba mu biribwa ndetse n'ibindi ba mukerarugendo baba bakeneye.

UPCE isanga kandi akarere n'abafatanyabikorwa mu bukerarugendo bakwiye kumenyekanisha ibikorwa byabo kuko usanga hari ibitamenyekana kandi bihari.

Umuyobozi w'akarere wungiririje ushinzwe imari, ubukungu n'iterambere mu karere ka nyamasheke akaba n'umuyobozi wa Jadf yashimiye akazi kanini UPCE yakoze, gusa yabasabye ko bagerageza gushaka n'ahandi hashobora gukoreshwa mu bukerarugendo kuko aho berekanye hose hari hazwi.

Abari mu nama basabye kandi ko UPCE yakora inyigo ku hantu hose habera ubukerarugendo ndetse n'imishinga yahakorerwa mu rwego rwo kunoza ubukerarugendo. Bayijeje kandi ko amakuru yose bazakenera bazayabaha kugira ngo akazi kabo kabashe gukorwa neza.

Murekashungwe yashimiye ibitekerezo byose byahatangiwe kuko bizabafasha mu kunoza inshingano zabo.


 

Posts Related to Nyamasheke: Akarere kari gukora inyigo ku iterambere ry'ubukerarugendo

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment