Mu mezi 3 ari imbere guverinoma izibanda ku bikorwa bisubiza ibibazo by'abaturage birimo kurushaho kubegereza umuriro w'amashanyarazi mu byaro.
Nk'uko byatangajwe na Minisitiri w'intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi,ubwo yamurikaga ibikorwa bya Guverinoma mu mezi 3 ashize kuwa 27/04/2012 hari byinshi byagezweho mu iterambere ry'u Rwanda ariko kandi hari n'ibiteganywa kugerwaho mu mezi atatu ari imbere mu rwego rwo kurushaho gukataza mu iterambere.
Kubera ko harimo gutegurwa ingengo y'Imari izakoreshwa muri 2012-2013,Minisitiri w'intebe yavuze ko izakoreshwa cyane mu gusubiza ibibazo by'abaturage.
Bimwe mu bizakorwa mu mezi atatu ari imbere na Guverinoma harimo gutegura isuzuma ry' imihigo kuva mu nzego z'ibanze kugeza mu rwego rw'igihugu. Kubaka ingomero zizarushaho gutanga umuriro w'amashanyarazi mu Rwanda ugakwizwa henshi kuburyo Zizageza kuri Megawati 7,5 harimo nka Shyiri, Nyabahanga, Mukungwa, n'izindi. Hazitabwa kandi ku miyoboro minini izatanga umuriro w'amashyanyarazi mwinshi nka Kivu ndetse na Nyabarongo. Hazasuzumwa ibibazo byabonetse muri Rukarara bikemurwe. Hazashyirwa mu bikorwa ibyemewe na Perezida wa Repubulika abyemerera abaturage nk'umuriro w'amashyanyarazi n'ibindi.
Hazashyirwa imbaraga muri gahunda yo guhunika imyaka mu rwego rwo kurushaho kwihaza mu biribwa no kwirinda inzara igihe ibihe byaba bihindutse. Hakazahunikwa toni 17000 z'ibigori na Toni 7000 z'ibishyimbo . Gukurikirana ikorwa ry'imihanda izatuma ubuhahirane bugerwaho neza mu baturage. Hazakurikiranwa icukurwa ry'amabuye y'agaciro mu Rwanda ,ikindi kizarushaho kwitabwaho na Guverinoma ni uguteza imbere gahunda ya "Hanga umurimo" mu Rwanda. Hazakorwa ibikorwa byo gushishikariza abaturage gahunda yo kuzigama ingufu hakoreshwa za Biogaz na Rondereza.
Guverinoma kandi izakurikirana ishyirwa mu bikorwa by'ikoranabuhanga n'ubumenyi ngiro ngo bitezwe imbere mu Rwanda. Imitangire ya Serivise nziza izarushaho gushishikarizwa abazitanga kandi hashyizweho umurongo 3014 uzajya utangwaho amakuru ku bijyanye n'imitangire ya Service ufunguriwe abaturage ku buryo bazajya babimenyesha serivisi za minisitiri w'intebe. Ikindi kandi buri wa gatanu saa munani Abakoresha twitter bazajya bakirwa batange ibitekerezo kubyo bifuza ko byagerwaho. Ibyo bikaba ari bimwe mubyo Guverinoma izakora mu mezi 3 ari imbere nk'uko byatangajwe na Dr Pierre Damien Habumuremyi Minisitiri w'intebe.
Posts Related to Har'ibizitabwaho na Guverinoma mu mezi atatu ari imbere mu rwego rwo kurushaho guteza imbere u Rwanda
Umugore n'umukobwa bafite uruhare runini mu iterambere ry'u Rwanda ari nayo mpamvu bagomba kurushaho gutezwa imbere mu byo bakora Ku munsi murikabikorwa bya Guverinoma, igikorwa ...
Mu kiganiro Minisitiri w'intebe yagiranye n'abanyamakuru n'abandi baturage kuri uyu wa 27/04/2012 yasobanuye ko hari inzego zitaweho mu gutezwa imbere mu Rwanda kugira ngo u ...
Minisitiri w'intebe mu ruzinduko arimo mu ntara y'uburengerazuba yikomye abayobozi bakora inyungu z'umuturage ntizize mbere. Ibi minisitiri yabivuze ubwo yaganiraga n'abayobozi b'inzego za leta kuva ...
Mu munsi murikabikorwa "Public Accountability Day", wabereye kuri uyu wa 27/04/2012, Minisitiri w'Intebe amurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma yagezeho mu mezi atatu ashize yagaragaje ko ubuhinzi ...
Urubyiruko rwitabire gahunda zo kwihangira imirimo no kwiteza imbere Mu rwego rwo kwiteza imbere,Abanyarwanda barasabwa kongera amasaha yo gukora. Ibi bikaba byatangajwe na Minisitiri w'intebe ...
0 comments:
Post a Comment