Mu munsi murikabikorwa "Public Accountability Day", wabereye kuri uyu wa 27/04/2012, Minisitiri w'Intebe amurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma yagezeho mu mezi atatu ashize yagaragaje ko ubuhinzi n'ubworozi byateye imbere muri rusange mu Rwanda.

Abaturage nibitabire gukoresha amafumbire mu buhinzi no guhuza ubutaka
Gusa Minisitiri w'Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yavuze ko abaturage bakwiye kwitabira gahunda yo guhuza ubutaka aho bishoboka hose kuko byagaragaye ko bifite akamaro kanini kandi ngo ntacyo bihungabanya kuko buri muturage agumana ubutaka bwe.
Yasabye abaturage kandi gukangukira gukoresha amafumbire kuko byagaragaye ko bitarafata neza. Ikindi kandi abaturage basabwe na Minisitiri w'intebe ni ukugira umuco wo kwishyura amafumbire igihe bejeje kuko ngo bifasha kugura amafumbire bazakoresha mu bindi bihembwe.

Guhuza ubutaka no kubyaza amaterasi umusaruro birusheho gushyirwa mu bikorwa
Minisitiri w'intebe yasabye kandi abayobozi b'inzego z'ibanze gufasha abaturage kubyaza amatarasi umusaruro kuko hari aho atabyazwa umusaruro. Ikindi cyasabwe abaturage ni ukongera amasaha yo gukora kuko ari byo bizarushaho kubateza imbere.
Guhingira igihe, gukoresha amafumbire n'izindi nyongeramusaruro, guhuza ubutaka, kwitabira inama abaturage bagirwa n'abakurikirana ubuhinzi ndetse n'abashinzwe iyamamazabuhinzi mu duce batuyemo, gukoresha imbuto nziza ndetse no kwita ku bihingwa byatoranijwe ari nako barwanya isuri hitabwa no ku bidukikije aho bikenewe hose bikaba ari bimwe bizafasha abaturage kurushaho kuzamura umusaruro w'ubuhinzi bakarushaho kwihaza mu biribwa.
Posts Related to Hari iby'abaturage basabwa gushyira mu bikorwa mu buhinzi n'ubworozi: Minisitiri Pierre Damien Habumuremyi
Minisitiri w'intebe mu ruzinduko arimo mu ntara y'uburengerazuba yikomye abayobozi bakora inyungu z'umuturage ntizize mbere. Ibi minisitiri yabivuze ubwo yaganiraga n'abayobozi b'inzego za leta kuva ...
Asoza uruzinduko rwe mu turere twa Nyamasheke Na Rusizi, Minisitiri w'intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi yaganiriye n'abaturage Bo mu mirenge ya Karambi, Cyato, Rangiro na ...
Urubyiruko rwitabire gahunda zo kwihangira imirimo no kwiteza imbere Mu rwego rwo kwiteza imbere,Abanyarwanda barasabwa kongera amasaha yo gukora. Ibi bikaba byatangajwe na Minisitiri w'intebe ...
Mu rwego rwo kwiteza imbere, Abanyarwanda barasabwa kongera amasaha yo gukora. Ibi bikaba byatangajwe na Minisitiri w'intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi, ubwo yagezaga ku Banyarwanda ...
Ku wa gatandatu tariki 21/01/2012 mu mujyi wa Musanze habereye umuhango wo kumurika ibyo intara y'amajyaruguru yagezeho mu mwaka wa 2011 mu rwego rwo ...
0 comments:
Post a Comment