
Kuri uyu wa mbere tariki 7/3/2011 nibwo urubanza rwa Jacques Chirac wahoze ari Perezida w’u Bufaransa rwatangijwe mu Rukiko Mpanabyaha rwa Paris. Araregwa kurya ryswa no kunyereza umutungo wa reta ubwo yari umuyobozi w’Umujyi wa Paris, hagati ya 1977 na 1995.
Mu byaha ashinjwa harimo kuba hari abantu barenga 20 yahembeye imirimo batakoze abahembera ko ari inshuti ze za politiki.
Chirac ntiyari ahari, ariko umwunganira, Mr Kiejman yatangaje ko ku wa Kabiri Jacques Chirac azitaba urukiko. Chirac w'imyaka 78 biravugwa ko yaba arwaye indwara ya Alzheimer ariko umugore we arabihakana.
Chirac abaye perezida wa 2 wigeze kuyobora u Bufaransa uburanishijwe kuva aho Maréchal Pétain wayoboraga u Bufaransa mu gihe cy’intambara ya Kabiri y’Isi yakatiwe igihano cyo kwirukanwa mu Bufaransa kubera guhamwa n’icyaha cyo kugambanira igihugu.
Jacques René Chirac yavutse ku wa 29/11/1932, yayoboye Ubufaransa kuva 1995 kugeza 2005
Urukundo
Baza Shangazi
Shakisha ku Urwego.com
Urubanza rwa Jacques Chirac rwatangiye i Paris
Subscribe to:
Post Comments (Atom)
0 comments:
Post a Comment