Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Imyigaragambyo Irakomeje mu Misiri

imyigaragambyo-misiri
Uyu munsi abigaragambya mu Misiri bahamagaranye ngo bahurire mu mihanda ya Cairo ari millioni ngo basabe ko Perezida Hosni Mubarak ava ku butegetsi. Icyicaro gikuru cy'abigaragambya kiri ahitwa El-Tahreer (Urubuga rw'Ubwigenge) baravuga ko badashyigikiye guvernoma Mubarak amaze gushyiraho, ahubwo ko bashaka ko Perezida Mubarak ava ku butegetsi.
Abasirikare bacunga uko iyo myigaragambyo irimo kugenda bavuze ko batazakoresha ingufu mu guhagarika iyo myigaragambyo, ibyo bikaba byateye intege abigaragambya bigatuma barushaho gushaka ko Mubarak yegura.

Hagati aho Vice Perezida wa Repubulika mushya Bwana Omar Suleimani, umugenerali wahoze ashinzwe iperereza, yatumiye amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi ngo bigire hamwe imigambi iri imbere.

Mu kugerageza gufasha gukemura ikibazo kiri mu Misiri, Perezida Obama yohereje ambassadeur Frank G. Wisner kuganira n'ubutegetsi mu Misiri no kurebera hamwe uko ikibazo cyakemuka hatangiritse byinshi.

Hashize icyumweru haba imyigaragambyo mu Misiri isaba ko ubutegetsi bwa Hosni Mubarak buvaho baburega kurya ruswa no gutoteza rubanda. Iyi myigaragambyo yatewe imbaraga n'indi iherutse kubera muri Tunisia yahitanye ingoma ya Zine El-Abidine Ben Ali


Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment