Uko amakipe azahura muri 1/8 (Round of 16) cy'imikino ya UEFA Champions League bimaze kumenyekana kuri uyu wa 20 Ukuboza 2012.

Ibihangange muri ruhago y’iburayi byongeye guhura
Muro tombola yaberaga ku kicaro cya UEFA i Nyon mu Ubusuwisi, umukino benshi bahise bemeza ko ukomeye ni uzahuza ikipe ya Manchester United na Real Madrid, amwe mu makipe y'ibigugu muri iri rushanwa rirebwa na benshi cyane ku Isi.
Undi mukino w'ibigugu ni uzahuza ikipe ya Milan AC na FC Barcelona, ndetse na Arsenal yatomboye ikipe ya Bayern Munichen.
Muri Tombola yabaye none abahoze ari abakinnyi Steve McManaman and Patrick Kluivert nibo bafataga udupira duto turimo amazina y'amakipe.
Muri uyu muhango kandi Sir Alex Ferguson na the Special One, Jose Mourinho bahahuriye. Naho umutoza wa Barcelona Tito Vilanova we ntiyahabonetse kuko none aribwo yabazwe ikibyimba mu nda.
Iyi mikino ibanza izaba ku matariki ya 12, 13, 19 na 20 Gashyantare umwaka utaha, naho iyo kwishyura ibe ku matariki ya 5, 6, 12 na 13 Werurwe 2013.
Uko amakipe yatomboranye:
Galatasaray vs Schalke
Celtic vs Juventus
Arsenal vs Bayern Munich
Shakhtar Donetsk vs Borussia Dortmund
AC Milan vs Barcelona
Real Madrid vs Manchester United
Valencia vs Paris Saint-Germain
Porto vs Málaga
Iyi mikino utsinzwe muri iyo ibiri ahita asezererwa. Imikino ya 1/4 yo izaba mu ntangiriro z'ukwezi kwa kane (ubanza n'uwo kwishyura), imikino ya 1/2 yo ibe mu mpera z'ukwa Kane ubanza n'uwo kwishyura) naho Final yo ikinwe rimwe kuwa 25 Gicurasi 2013 kuri stade ya Wembley i Londres.

Icy’ubushize ni Chelsea igiifite ariko ubu ntiyageze aha izindi ziri

kuwa 19 Ukuboza Arsene Wenger yongereye amasezerano n’abasore batanu icya rimwe. Uhereye ibumoso; Carl Jenkinson, Aaron Ramsey, Jack Wilshere, Kieran Gibbs na Alex Oxlade-Chamberlain
UEFA.com
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment