Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) ryatangaje ko nyuma y'aho abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi wa Goma, hakagarukamo abasirikare ba Leta (FARDC), abantu 126 bamaze gufatwa ku ngufu.

Abasirikare ba FARDC barashinjwa na Loni gufata ku ngufu abo bashinzwe kurinda. Photo/Internet
Ibiro Ntaramakuru Reuters, bivuga nyuma y'uko abarwanyi ba M23 bamaze amezi agera ku munani bashyamiranye na Leta ya Congo, bafata Umujyi wa Goma, ariko bakaza kuwusohokamo hakaza abasirikare ba Leta ya Kinshasa, abagore n'abakobwa batakwemye gufatwa ku ngufu.
Umuvugizi w'Umuryango w'Abibumbye, Martin Nesirky yatangarije Reuters ko MONUSCO yabajije abantu bagera kuri 200 bo mu gace ka Minova aho ingabo za FARDC zari zikambitse nyuma yo gukubitwa incuro na M23; mu ba bajijwe bavuze ko bahohotewe ndetse bagafatwa ku ngufu n'abasirikare ba Leta.
Yagize ati "Kugeza ubu ibimenyetso tumaze kubona bitugaragariza ko abantu bagera ku 126 bafashwe ku ngufu. Hari kandi abasivile babiri bishwe, barimo akana gato."
Mu karagaza ko iki kibazo kizwi n'igirikare cya Congo Martin Nesirky yagize ati "Igisirikare cya Congo nacyo cyatangiye gukora iperereza kuri ibi byaha bihonyora uburenganzira bwa muntu; ndetse abantu icyenda bakekwaho icyaha cyo gufata ku ngufu batawe muri yombi naho abandi barindwi bakekwaho ibikorwa guhohotera abaturage nabo batawe muri yombi."
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rinavugaka ririmo gukorana bya hafi n'igisirikare cya Congo ngo harebwe uburyo hashyirwaho uburyo buhamye bwo gukumira iri hohoterwa rihora rivugwa ku basirikare ba FARDC.
©Reuters
INKINDI Sangwa
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment