Rutahizamu w’ikipe ya Barcelone akaba anakira ikipe y’igihugu y’argentine ariwe lionel messi , ashobora kuba umukinnyi wa mbere ku isi uhenze hagize ikipe ibasha gutanga miliyoni 312 z’ama pound, ikipe ya manchester city ndetse niya chelsea byari byatangajeko byifuza rutahizamu lionel messi gusa kubera ano mafaranga menshi mu makipe ashobora kwisubira doreko n’itangazo ikipe ya barcelone yashyize hanze bavuzeko messi nubwo haboneka ikipe ifite ubushobozi bwo gutanga ayo mafaranga ari messi ubwe uziyemerera kuyijyamo.

Nubwo ikipe ya barcelone yamushyize ku isoko ariko benshi bavugako bisa naho arukwiyerurutsa ngo berekane ko na messi bashobora kumugurisha kandi bagasigara ntakibazo bafite nyamara wareba amafaranga bashyizeho yo kumugura ugasanga ni menshi cyane.
Ndetse ikipe ya barcelone ikaba kurubu yamwemereye kumusinyisha andi masezerano yo kuzayikinira kugeza mu mwaka wa 2018 aho bamuvanye ku mushahara wa miliyoni 10 z’ama pound ku mwaka bakamushyira ku miliyoni 17 z’ama pound ku mwaka, si mukinnyi wa barcelone wemerewe gusinyishwa amasezerano bushya doreko na myugariro wayo ariwe Puyol ndetse na maestro Xavi nabo bemerewe gusinyishwa.

Tubibutseko messi ariwe mukinnyi wa mbere ku isi ufite agahigo ku gutsindira ibitego byinshi ikipe akinira ya club ndetse n’iyi gihugu mu mwaka umwe gusa aho amaze gutsinda ibitego 90 byose, lionel messi akaba amaze imyaka 12 mu ikipe ya barcelone ndetse akaba amaze no gusinya amasezerano yo kuyikinira inshuro zigera kuri 6.
0 comments:
Post a Comment