Ikipe y'umupira w'amaguru ya Kaminuza ya Victoria y'i Kampala yasinyishije amasezerano y'imyaka ibiri umukinnyi w'Umunyarwanda Charles Tibingana Mwesigye imuvanye muri Proline Academy nkuko byemejwe na muri Victoria University SC kuri uyu wa kane.

Tibingana Charles
Uyu musore wavukiye muri Uganda ku babyeyi b'abanyarwanda, ni umukinnyi w'ikipe y'igihugu Amavubi U20 , kuri uyu wa kane nibwo akorerwa isuzumwa ry'ubuzima bwe maze kuwa mbere akazatangira imyitozo mu ikipe ye nshya.
Uyu musore w'imyaka 18 yatangaje ko yishimiye kwinjira mu ikipe ya SCVU kuko ari ikipe igaragaza ko igamije kubigira umwuga , ndetse ko yumva ategereje cyane umukino wa mbere azakina hariya.
Tibingana yakiniye u Rwanda mu ikipe y'igihugu yakinnye imikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi cy'abatarengeje imyaka 17 muri Mexique mu mwaka ushize, ndetse no muri Cecafa y'abatarengeje imyaka 20.
Ivan Zoric umutoza wa SCVU ari gutegura iyi kipe igiye kwinjira mu kiciro cya mbere cya shampionat ya Uganda bwa mbere, akaba abona ko Tibingana ari umusore uzamufasha kwitwara neza.
HATANGIMANA Ange Eric
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment