Mu gihe kingana n'ukwezi hashakishwa abakobwa batatu, batatu b'uburanga n'ubuhanga mu kwisobanura neza imbere y'abantu mu Ntara enye n'Umujyi wa Kigali, ubu abo bakobwa bose uko ari 15 bamenyekanye. Aba bakobwa nibo bazatoranywamo nyampinga w'u Rwanda kuwa 1 Nzeli 2012.
Abo bakobwa ni :
Intara y'Amajyepfo : Umutesi Aurore w'imyaka 20, Isimbi Deborah w'imyaka 20 na Umurerwa Ariane w'imyaka 20.

Intara y'Amajyaruguru : Uwase Francine w'imyaka 19, Ingabire Françoise w'imyaka 21, na Uwamahoro Ange w'imyaka 20.

Intara y'i Burasirazuba : Umutesi Mubera Liliane w'imyaka 20, Karangwa Tega Fidelis w'imyaka 20, Akineza Carmen w'imyaka 20.

Intara y'u Burengerazuba : Uwingabire Esther w'imyaka 23, Uwamahoro Natacha w'imyaka 20 na Umwamikazi Annick w'imyaka 21.

Umujyi wa Kigali : Giraso Joe Christa w'imyaka 20, Nsengiyumva Johali w'imyaka 19, Igabe Vanesa w'imyaka 18.

Iyo urebye aba bakobwa batowe usanga bari hafi mu kigero kimwe cy'imyaka hagati ya 18 na 23. Uretse Igabe Vanesa ucyiga mu mashuri yisumbuye kuri APACE na Nsengiyumva Johali urangije uyu mwaka amashuri yisumbuye na Uwamahoro Ange (umucuruzi w'imyenda warangije amashuri yisumbuye) abandi bakobwa bose biga mu mashuri makuru na Kaminuza (NUR).
Benshi muri aba bakobwa batowe si ubwa mbere bari batorewe kuba ba Nyampinga, kuko basanzwe ari ba Nyampinga mu mashuri bigagaho cyangwa mu Ntara n'uturere bavukamo. Urugero ni nk'aho harimo Miss KIST 2011, Miss NUR 2011, Miss SFB, Miss Muhanga n'abandi bari basanzwe ari ibisonga.
Mu gushakisha abakobwa mu Ntara hagaragaye ko abakobwa bo mu Ntara bataratinyuka kwitabira iby'amarushanwa y'ubwiza. Urugero ni nk'aho mu Ntara y'Amajyaruguru abakobwa barushanwaga bari batandatu gusa mu gihe mu Mujyi wa Kigali hari hahatanye abakobwa 14 batowe mu bakobwa barenga 30 bari biyandikishije.
Aba bakobwa bose ku itariki ya 15 Kanama 2012 bazajyanwa ahantu hamwe (The Boot Camp) bigishwe ibijyanye no kwihangira imirimo, kuba ba ambasaderi beza b'u Rwanda, bigishwe umuco, amateka n'ibindi byabafasha mu kuzagaragaza umukobwa nyawe watorerwa kuba Nyampinga w'u Rwanda 2012.
Ku itariki ya 1 Nzeii nibwo mu Rwanda hazatorwa umukobwa uhiga abandi akambikwa ikamba rya Miss Rwanda.
Umwanya wa Miss Rwanda uheruka gutorerwa Bahati Grace mu 2009. Kuva ubwo kugeza ubu nta wari waratorewe gusimbura uyu Bahati, kuko hari hagishakishwa abaterankunga b'iri rushanwa nk'uko Minisiteri y'Umuco yabitangaje.
Post By :: Elvis SHEMA / ibishya.biz
0 comments:
Post a Comment