
Abana bagiye gutezwa imbere hifashishijwe imikino
Ubuyobozi bwa hotel Bambino buravuga ko burimo gutegura amarushanwa y'abana binyuze mu mikino itandukanye, hagamijwe kwita ku bana cyane cyane bibanda ku bana badafite amikoro ndetse n'ababana n'ubumuga.
Nyuma y'aho bimaze kugaragara ko hirya no hino hari abana bakomeje kwiyongera mu mihanda rimwe na rimwe bakabiterwa n'uko baba batabonye impanuro z'ababyeyi, hotel Bambino ivuga ko ishaka kugira uruhare rugaragara mu kwita kuri aba bana bakomeje kwirukira mu muhanda.

Abana bose baba ababana n'ubumuga cyangwa abazima bazajya bahabwa amahirwe muri iyi mikino
Mukamusoni Sylvie umuyobozi wa hotel Bambino, avuga ko bateganya gukorana n'ibigo bisanzwe byita kuri aba bana bo mu muhanda, ndetse n'abantu cyangwa ababyeyi bafite abana bafite ubumuga kugirango bajye bazanwa kuri hotel Bambino mu mikino itandukanye.
Muri iyi mikino hazajya hatangwamo ibihembo ku bana bazajya bayitabira. Ibi kandi ngo bizanafasha kumenya impano umwana aba yibitsemo bityo afashwe mu kuyizamura, ngo kuko akenshi ukunze gusanga muri ibi bihugu byacu umwana bamuhitiramo ibyo agomba kuzakora, nyamara umwana ariwe wakagize uruhare mu kugaragaza ibyo ashoboye bityo akabifashwamo.
Mukamusoni umuyobozi wa hotel Bambino avuga ko iyi hotel ijya kujyaho ngo n'ubundi yari igamije guteza imbere imibereho myiza y'umwana, ariko izi ntego ntirazigeraho ubu ngo nibwo yifuza ko zajya mu bikorwa.
Agira ati "Bambino n'izina ry'igitariyani risobanura umwana, niyo mpamvu twatangije iyi hotel kugirango abantu bajye baza kuharira baze kuhanywera ariko dushaka ko bajya bahazana abana bato kuhakinira bakanahungukira byinshi"
Muri hotel Bambino hasanzwe habera imikino y'abana mu gihe cy'ibiruhuko, ariko ubu noneho ngo bigiye gushyirwamo imbaraga kugirango umwana w'umunyarwanda ajye abasha kugaragaza impano ye akiri muto.
Biteganyijwe ko abazitabira iyi mikino, bazayitangira tariki ya 26/08/2012, hakaba hateganyijwe ibihembo bitandukanye ku bana bazayitwaramo neza.
Posts Related to Rwanda : Abana bagiye kwitabwaho binyujijwe mu marushanwa
Birasanzwe ko mu Rwanda, abana bato bagira imikino ibahuza igihe bari iwabo, cyangwa bahuye na bagenzi babo. Iyo urebye imikurikiranirwe y'aba bana, akenshi usanga iyo ...
Ababyeyi bo mu karere ka Bugesera barakangurirwa kugaburira abana babo bibanda ku bifite intungamubiri, ibyo babikanguriwe ubwo bari mu kigo nderabuzima cya Nyamata aho ababyeyi ...
Mu gihe ubusanzwe byoroshye kumenya umwana wo mu muhanda w'igitsinagabo bitewe n'uko aba agaragarira buri wese kubera ibikorwa akora, ngo ntibyoroshye kumenya ko umukobwa ari ...
Abana bahoze mu muhanda bazwi kw'izina rya mayibobo barishimira ubuzima bafite nyuma yo gukurwa mu muhanda bagashyirwa mu kigo cyitwa Baho neza mwana gikorera mu ...
Ababyeyi babana n'abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bo mu karere ka Muhanga, baravuga ko bakeneye ibigo byihariye byita kubana nkabo kugirango nabo bitabweho. ...

0 comments:
Post a Comment