Ibitaro Bikuru bya Polisi bya Kacyiru tariki 14/08/2012 byashyikirije abapfakazi 58 ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batuye mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo ihene 33 za kijyambere.

Aba bapfakazi bahawe kandi ibikoresho by'ubuhinzi birimo ibikoresho byo kuvomerera imyaka (arrosoirs), imiti yica udukoko mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.
Ayo matungo magufi n'ibikoresho by'ubuhinzi bashyikirijwe bifite agaciro k'amafaranga angana na miliyoni imwe n'ibihumbi 130 by'amafaranga y'u Rwanda, yose yatanzwe n'abakozi b'Ibitaro Bikuru bya Polisi biri Kacyiru mu Mujyi wa Kigali; nk'uko bitangazwa na Polisi y'igihugu.
ACP Daniel Nyamwasa ukuriye Ibitaro Bikuru bya Polisi atangaza ko iyo nkunga yashyirikijwe abapfakazi ba Jenoside iri muri gahunda za Polisi yihaye zo guhindura imibereho y'Abanyarwanda badafite amikoro.
Umuyobozi w'Ibitaro Bikuru bya Polisi yabasabye gufata neza izo hene kugira ngo zizabahe umusaruro mwiza kandi zinagire uruhare mu guhindura imibereho yabo.
Yongeraho ko Polisi izafasha bamwe mu bacitse ku icumu bafite ibibazo b'ihungabana byatewe n'ibihe bibi bya Jenoside banyuzemo.
James Nzirimu, umukozi wa Komisiyo ishinzwe kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside yashimye inkunga ya Polisi aboneraho gusaba abayihawe kwita kuri ayo matungo kugira ngo azabahe umusaruro ushimishije uzabafasha gukemura ibibazo by'ibanze mu ngo zabo.
Sarafina Uwimana, umwe mu bahawe iyo nkunga yashimiye Polisi inkunga yabageneye. Yagize ati: "Abaturage b'I Rutunga bari abakene cyane cyane abacitse ku icumu ariko Imana yadukoreye ibitangaza tubaye abambere bo kubona inkunga."
Posts Related to Rwanda : Ibitaro Bikuru bya Polisi byahaye abapfakazi ba Jenoside ihene 33 za kijyambere
Mu rwego rwo kunoza imikoranire hagati ya Polisi y'Igihugu n'Urwego rushinzwe iyubahirizwa ry'amahame y'Uburinganire, mu itsinda ry'impuguke basuye Ikigo cya Isange One Stop Center ndetse ...
Mu rwego rwo kunoza imikoranire hagati ya Polisi y'Igihugu n'Urwego rushinzwe iyubahirizwa ry'amahame y'Uburinganire, mu itsinda ry'impuguke basuye Ikigo cya Isange One Stop Center ndetse ...
Mu muhango wo gutangira ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ibikorwa bya polisi wabereye mu karere ka Nyamasheke, polisi y'igihugu yafashije abatishoboye ibaha ubwisungane mu kwivuza, inzitiramibu ...
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya polisi y'igihugu wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 01/06/2012, abakozi b'akarere ka Nyamasheke boroje abaturage batishoboye ...
Polisi y'u Rwanda yahaye mitiweli (ubwisungane mu kwivuza) ndetse n'inzitiramibu abantu 100 bo mu karere ka Burera mu rwego rwo gukomeza kuzamura imibereho y'abo baturage. ...

0 comments:
Post a Comment