
Muri gahunda ya leta yo gutuza abaturage mu midugudu, ministeri y'ubutegetsi bwa leta (MINALOC) irashishikariza abayobozi b'uturere two mu Ntara y' i Burengerazuba gutangira gahunda yo gusakaza amategura no kubakisha amatafari kuko ari byo bihendutse kandi bikaboneka mu Rwanda.
Umuyobozi ukuriye ishami rishinzwe imiturire mu cyaro muri MINALOC Augustin Kampayana ubwo yari ari mu nama yateguwe n'inama y'igihugu ishinzwe kwihutisha gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu, yavuze ko leta yatangiye gahunda yo gusakaza amategura kubera ko amabati ahenda kandi agasaza vuba. Usibye n'ibyo kandi, Kampayana avuga ko kuba amategura akorerwa mu Rwanda byaba n'intandaro yo kubonera imirimo urubyiruko rw'u Rwanda muri gahunda ya Hanga Umurimo:
"Urubyiruko rwacu, abari n'abategarugori, iyo bari mu makoperative bakabumba amategura binjiza amafaranga. Icyo gihe rero tuba duhanze umurimo. Icya kabili amategura araramba. Niyo ubonye atangiye gusaza ushobora kuyasiga irange, kandi biranoroshye kubatuye mu kabande iyo bagiye gutuzwa mu midugudu basanzwe basakaje amategura bashobora kuyakuraho bakayimukana, leta inafite ingamba zo kugabanya imari ikoreshwa mu gutumiza ibikoresho hanze (nk'amabati) mu gihe dushobora gukoresha iby'iwacu. Ikindi kwimukana amabati bituma yangirika kubera imisumari bikaba ngombwa ko ugura andi mashya."
Umuyobozi muri MINALOC ushinzwe imiturire mu cyaro akomeza asobanura ko gusakaza amategura atari itegeko ahubwo ari ingamba yafashwe na leta y'u Rwanda kugira ngo irusheho kunoza gahunda yo gutura mu midugudu hakoreshejwe ibikoresho bikomeye, bihendutse kandi bikorerwa mu Rwanda tutibagiwe ko n'amategura atuma mu nzu hadashyuha cyane nk'amabati.
Ni nayo mpamvu mu turere twose hagejejwe utumashini tubumba tukanokora amatafari, ariko ikibazo cyagaragajwe mu nama nuko utwo tumashini henshi tudakoreshwa, mu Ntara y'i Burengerazuba ho impamvu ikaba ari ukubera ko nta butaka bwo kumbamo amatafari n'amategura bupfa kuhaboneka cyane cyane mu turere twegereye ikiyaga cya Kivu.
Ibi ariko ngo nti byari bikwiye kuba impamvu yo kuzarira muri gahunda yo gutuza abantu mu midugudu kuko aho ubutaka butari bashobora no kugura ibikoresho hanze, cyangwa se bagakoresha n'ibihari. Aha Kampayana yatanze urugero ku karere ka Nyamasheke aho bubakisha imbaho kandi ugasanga amazu ameze neza.
Posts Related to Rwanda : Leta iragira inama abayobozi b'uturere gukoresha amategura n'amatafari muri gahunda y'imidugudu
Abafundi batoranijwe mu bandi bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bari guhugurwa ku buryo bwo kubumba amatafari n'amategura mu gitaka n'umucanga na ...
Umuyobozi w'igenamigambi muri MINALOC aravuga ko kwimukira mu midugudu nk'uyu bigiye kwihutishwa Rugamba Egide ushinzwe igenamigambi muri minisiteri y'Ubutegetsi bw'igihugu MINALOC yamenyesheje abayobozi bo mu ...
Guverimeri w'intara y'amajyaruguru arasaba abayobozi b'uturere two muri iyo ntara gushishikariza abaturage bayobora gutura mu midugudu kuko ariho bazagera ku iterambere. Giverineri Bosenibamwe yavuze ko ...
Kuwa 24 Nyakanga 2012, mu murenge wa Kibirizi mu kagari ka Muyira hashorejwe amahugurwa yo gukoresha utumashini tubumba amategura n'amatafari azwi ku izina rya " ...
Iyo nzu isakajwe amabati, amategura, shitingi, ibikenyeri, n'ibyatsi Nubwo mu Rwanda hose haciwe nyakatsi bamwe mubatuye mu Karere ka Gicumbi baracyafite ikibazo cyo kuba munzu ...

0 comments:
Post a Comment