
Kugira akarima k'igikoni, ibiti by'imbuto ziribwa no korora amatungo magufi ni bimwe mu bisabwa mu ngo mu rwego rwo kugirango bizorohere kubona indyo yuzuye
Indyo yuzuye ikenewe mu buzima bwa buri muntu wese kugira ngo bube buzima kandi buzire umuze. Byinshi mu bitegurwa kugira ngo iboneke usanga benshi babyibonera babihinze mu mirima yabo, iruhande rw'ingo zabo ntibifate ubuso bunini cyane. Nk'uko Mukambungo Esperance umwe mu bajyanama b'ubuzima yabidutangarije, ngo kugira akarima k'igikoni, ibiti by'imbuto ziribwa no korora amatungo magufi n'imwe mu nzira za bugufi zo kwibonera indyo yuzuye umuntu atavunitse.
Mukambungo avuga ko indyo yuzuye igizwe n'ibyubaka umubiri, ibirinda indwara n'ibitera imbaraga. Ibikunze kubura cyane ngo bikaba ari ibirinda indwara n'ibyubaka umubiri, ari nayo mpamvu abantu bashishikarizwa kugira uturima tw'igikoni, ibiti by'imbuto no korora amatungo magufi. Avuga ko akarima k'igikoni n'ibiti by'imbuto ziribwa ari isoko y'ibirinda indwara. Mu karima k'igikoni haboneka imboga ziciriweho zigifite umwimerere wazo bityo uziriye zikamugirira akamaro kuko ziba zigifite intungamubiri zose. Ushobora guhingamo imboga rwatsi, epinari, amashu, ibitunguru, calottes, sereri, pavuro n'izindi kandi ku buso buto.
Ibiti by'imbuto ziribwa nabyo ni byiza kuko bifasha mu birinda indwara cyane ko ugifite bitamusaba kugura imbuto ahubwo aba azibonera iwe bitamugoye,bikamufasha gutanga igaburo ryiza kandi ryuzuye. Korora amatungo magufi,nk'inkoko,n'ayandi bituma umuntu abona ibyubaka umubiri ku buryo bworoshye. Biba bigizwe n'inyama zikomoka kuri ayo matungo yorowe ndetse n'amagi inkoko zishobora gutera byose byafasha mu muryango. Ibyo bikaba byaza byiyongera ku bitera imbaraga bikunze kutabura cyane mu miryango nk'ibijumba,ibirayi,amateke,imyumbati,ibikoro n'ibindi nk'uko Mukambungo yabigatseho.
Kugira akarima k'igikoni,gutera ibiti by'imbuto ziribwa no korora amatungo magufi bikaba byaranagarutseho mu mfashanyigisho ya Minisiteri y'ubuzima ku birebana n'uburyo bwo kurwanya imirire mibi mu ngo. Buri rugo rukaba rusabwa kuba rwagira akarima k'igikoni,ibiti by'imbuto ziribwa no korora amatungo magufi. Ngibyo rero ku bashaka kwitungira amagara mazima,nimuyoboke inama mugirwa.
Posts Related to Rwanda : Korora amatungo magufi, kugira uturima tw'igikoni n'ibiti by'imbuto ziribwa, ni bimwe mu byorohereza imiryango kubona indyo yuzuye
Akamaro k'uturima tw'igikoni ni nk'uko Mukambungo Esperance,umujyanama w'ubuzima mu mudugudu wa Rubugurizo abivuga ngo ni ingenzi cyane ari nayo mpamvu nk'uko gahunda ya Leta y'u ...
Hashize igihe mu Rwanda havugwa gahunda ya Girinka, ikaba irangwa no kugabira abakene inka kugira ngo babashe gutunga bityo bikure mu bukene. Muri iyi minsi ...
Mu rwego rwo guteza imbere umuryango, bamwe mu babyeyi bo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu bigishijwe uburyo bashobora gutegura imirirwe myiza mu ...
Indyo yuzuye ni ibonekamo ubwoko bw'amafunguro bwose butanga intungamubiri, umubiri uba ukeneye icya rimwe. Burya indyo yuzuye yakagombye kuba ari ikomoka mu miryango irindwi ...
Margueritte Niyibituronsa umukozi muri RAB muri Post harvest and nutrition unity asobanura ibijyanye n'indyo yuzuye Nubwo abaturage bashishikarizwa kwitabira ...

0 comments:
Post a Comment