Kuri uyu wa gatandatu, ba prezida ba Soudan na Soudan y'Epfo bahuye bararamukanya bwa mbere kuva habaho gushyamirana gukomeye gushingiye ku mipaka hagati y’ibihugu byombi mu kwezi kwa kane uyu mwaka.

Omar al-Bashir ahana umukono na Salva Kiir i Addis Ababa, kuwa 14/07/2012. Bwa mbere nyuma y’uko ibihugu bayoboye bishyamiranye/Photo/Jenny Vaughan
Omar al-Bashir yicaraye iruhande rwa Salva Kiir nyuma yo guhana umukono no kuvugana magambo atari menshi mu nama ihurije hamwe abayobozi bakuru b'ibihugu bya Africa iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia.
Nubwo n'ubu hariho byinshi bitarumvikanwaho na za Soudan zombi nyuma y'uko iyo hepfo yiyomoye kuya ruguru, iyi ntambwe yo kwicarana kw'abagabo bombi ngo ivuze byinshi ku bwumvikane bw'ibihugu byombi.
Umuryango w'Abibumbye wahaye aba bagabo bombi tariki ntarengwa ya 2/08/2012 kuba baricaye hamwe bagacoca ibibazo ibihugu bayoboye bifitanye.
Za Soudan zipfa imipaka n'agace ka Heglig gakize kuri Petrole, petrole nyinshi icukurwa muri Soudan y'Epfo ariko ikagera ku isoko iciye mu matiyo manini anyura muri Soudan ya Khartoum, ndetse no kugabana umwenda w’amahanga Soudan ikiri yose yahoranye.
Ubwo aba bagabo bahuriraga i Addis Ababa, ntawuzi neza amagambo baba babwiranye ubwo babonanaga, gusa ngo wabonaga bacyeye mu maso ubwo barebanaga.
Salva Kiir na Omar al Bashir baherukaga guhura nanone mu nama nk'iyi yabaye mukwa mbere uyu mwaka, mbere y'uko ibihugu byombi bitangira gushyamirana bikomeye.
President Kagame w'u Rwanda aherekejwe na Ministre Louise Mushikiwabo, nawe akaba ari muri iyi nama y'abakuru b'ibihugu bigize Umuryango wa Africa iri kubera muri Ethiopia.
Iyi nama bahuriyemo ikaba ziziga ku busabe bw’u Rwanda bwo kwakira inama nk’iyi mu 2016.
Ubwanditsi
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment