Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

Umuseke: Ingingo 10 zatanzwe n’u Rwanda zivuguruza raporo y’impuguke za UN

Umuseke
Amakuru yose mu Kinyarwanda!
Ingingo 10 zatanzwe n'u Rwanda zivuguruza raporo y'impuguke za UN
Jul 31st 2012, 22:17

Tariki 21/06/2012 itsinda ry'impuguke za UN zatanze raporo y'agateganyo ku kanama ka UN gashinzwe ibihano ku bihugu. Nyuma y'iminsi itanu tariki ya 21 Leta y'u Rwanda yohereje dosiye y'impapuro 48 zisobanura by'agateganyo kuri iyo raporo y'izo mpuguke za UN yashinjaga u Rwanda kugira uruhare mu bibera mu burasirazuba bwa DR Congo.

Ibintu biracika mu burasirazuba bwa DR Congo, UN ihafite ingabo

Ubwo izi mpuguke ziheruka mu Rwanda mu cyumweru gishize zikaba zarahawe ibisobanuro ku byo zatangaje muri raporo yazo ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, bimwe muri ibyo bisobanuro ni izi ngingo 10 muri nyinshi zatanzwe zivuguruza ibyatangajwe muri raporo:

-          Ikigo cya gisirikare cya Kanombe ntigitangirwamo inyigisho za gisirikare nk'uko bivugwa muri raporo

-          RDF ntiyigeze itanga ibikoresho bya gisirikare kuko ibyagaragajwe muri raporo byashaje bigatwikwa hambere

-          Brg. Gen Ruvusha uvugwa muri raporo ko ari  mu bafashije M23 byagaragajwe ko atari muri Gisenyi (Rubavu) mu gihe kivugwa.

-          Ubwato bavuga ko bwakoreshejwe mu kwambutsa abantu n'ibintu, ntibwabishobora ukurikije uko buteye.

-          Abacuruzi b'abanyekongo bivugwa ko baje mu Rwanda mu rwego gukusanya inkunga M23 ntabwo bari mu Rwanda ku matariki atangwa na raporo.

-          Iyi raporo ngo ibeshyera Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y'Ingabo Brig Gen Jack Nziza kuba ngo ariwe ushinzwe ibikorwa bya gisirikare n'ibikoresho bigenerwa M23

-          Lt. Col Jomba Gakumba ntabwo yigeze yimurirwa mu Ruhengeri (Musanze) nk'uko bivugwa muri iyo raporo raporo.

-          Iyi raporo ivuga ko yafashe amajwi y'ibiganiro bya RDF na M23 ariko ayo majwi ngo ntagaragazwa

-          Inzu igaragazwa ku ifoto iri mu majyaruguru (Musanze) bivugwa ko ari iya Gen Bosco Ntaganda ibi nabyo ngo ntabwo ari byo.

-          u Rwanda ngo rwatanze inyandiko irambuye ivuguruza ibivugwa muri iyo raporo ko Ministre w'Ingabo James Kabarebe n'Umugaba w'Ingabo Gen Charles Kayonga bafasha M23. Kimwe muri ibi akaba ari uko bombi ahubwo baheruka muri Congo kurebera hamwe n'abasirikare ba Leta ya Congo na Monusco uko ikibazo cyakemurwa mu mahoro.

Daddy SADIKI RUBANGURA
UMUSEKE.COM

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment