Imirwano mu burasirazuba bwa DRCongo yongeye kubura hagati y'ingabo za Leta FARDC n'umutwe wa M23 wigometse ku butegetsi. Imirwano yubuye kuri uyu wa kabiri kuva mu gitondo ahitwa Kibumba mu birometero 30 uvuye mu mujyi wa Goma.

Umurwanyi wa M23/Photo Phil Moore
Iyi mirwano ikaba yongeye nyuma y'ibyumweru bibiri hari agahenge hagati y'impande zombi muri kariya karere.
Umwe mu baturage batuye i Goma witwa Kaseruka Vianney yabwiye Umuseke.com ko yabonye imiryango y'abantu batari bacye binjira muri mujyi Goma kuva nka saa tanu z'amanywa bahunga iyi mirwano.
Ingabo za FARDC ngo zigaragaza ubushobozi bucye mu mirwano kuko abenshi mu basirikare bazo bagenda bahunga imirwano nkuko byemezwa na bamwe mu baba bahunga.
Abarwanyi ba M23 bemereye BBC ko bafashe agace ka Rugari n’igice kinini cya Kibumba.
M23, ivuga ko ishaka gushyikirana na Leta ya Kinshasa ngo barebere hamwe amasezerano yo kuwa 23 Werurwe 2009 abarwanyi ba M23 bavuga ko hari ibyo Kinshasa itubahirije.

Abarenga 200 000 bamaze kwimurwa n’imirwano ya FARDC na M23 kuva mu mezi ashize barwana
Ubwanditsi
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment