Kuri uyu wa mbere, Umushinjacyaha mukuru wa Misiri yategetse ko uwahoze ari President wa Misiri Hosni Mubarak asubizwa mu munyururu kuko yatoye mitende.

Hosni Mubarak yakatiwe gufungwa burundu mu kwezi gushize/photo AP
Mubarak w'imyaka 84, mu kwezi gushize yajyanywe mu bitaro avuye muri gereza kuko ubuzima bwe bwari bumeze nabi cyane, ndetse bamwe banamubitse.
Iki gihe yagarukiye kure kuko hakoreshejwe ibyuma bifasha umutima kongera gutera, nyuma y'uko byari byatangajwe ko ari bugufi kwitaba Imana (Clinically dead).
Hosni Mubarak ariko akaba ubusanzwe yarakatiwe gufungwa burundu kubera uruhare yagize mu rupfu rw'abaturage bigaragambyaga bamwamagana ngo yegure.
Umushinjacyaha Abdel Maguid Mahmoud yategetse kuri uyu wa mbere ko, "Hosni Mubarak avanwa mu bitaro bya gisirikare bya Maadi, agasubizwa mu bitaro bya gereza ya Tora, kuko yatoye mitende"
Itsinda ry'abaganga mu bitaro bya gisirikare bya Maadi ngo ryemeje ko Mubarak ubuzima bwe bugenda bumera neza kuko afata imiti.
Kugeza ubu ariko ntiharemezwa igihe nyacyo azasubirizwa muri Gereza ya Tora.
© 2012 BBC
Jean Paul Gashumba
UMUSEKE.COM
0 comments:
Post a Comment