
Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, Sheikh Hassan Bahame arasaba abakarani b'ibarura rusange bo muri ako karere kutazatatira igihugu n'akarere by'umwihariko mu murimo bahawe bakubahiriza indahiro.
Ibi Sheikh Bahame akaba yarabitangaje tariki 23 Kamena,2012 ubwo yafunguraga amahugurwa y'abakarani b'ibarura rusange 865 batoranyijwe mu mirenge 12 igize akarere ka Rubavu.
Sheikh Bahame akaba yarabasobanuriye ko ibarura rusange ry'abaturage ari ingirakamaro ku gihugu kugirango gikore igenamigambi rihamye. Yagize ati : " ubu muri afurika turi ku rwego rushimije mu matora bitewe namwe."
Abarimu batangiye amasomo kuri tekiniki zifashishwa mu bikorwa by'ibarura rusange. Bigishwa ibarura rusange icyo aricyo nyirizina, icyo rigamije, gusoma ikarita no kuyikoresha neza.
Hakaba kandi hateganyijwe imyitozo ikorerwa mu midugudu iri hafi y'ahakorerwa amahugurwa, ndetse n'amasuzumabumenyi atuma hatoranywa abahagararira abandi bitewe n'uko basobanukiwe gusumbya bihagije.
Kubwa Mugabo Jean, umuhuzabikorwa w'ibarura rusange mu karere ka Rubavu, iri barura rigomba kwitonderwa kuko ariryo rizatanga amakurufatizo igihugu kigenderaho mu igenamigambi no muri gahunda zose zo kurwanya ubukene. Yagize ati "Tugomba kubyitegura neza ku buryo hatazabaho ahabarurwa kabiri cyangwa se hakagira ahatarukwa."
Mugabo akomeza asobanura ko kubera akamaro iri barura rifitiye igihugu, abahugurwa baba bagomba kwitondera amasomo, bagasobanuza, ariko mu gihe hari ugaragaje ubushake bucye, amabwiriza ateganya ko asezererwa kugirango atazavangira abandi.
Abakarani b'ibarura batoranyijwe mu midugudu batuyemo kugira ngo bazakorere aho bazi neza, batibeshya ku mbibi. Abasirikare, abapolisi n'abaturutse mu bigo bishinzwe imfungwa n'abagororwa bazabarurirwa mu bigo byabo.
Amahugurwa y'abakarani b'ibarura akaba ari kubera mu byiciro bibiri, ku ishuri rya College Inyemeramihigo na Lycée Notre Dame de Nyundo mu karere ka Rubavu.
Ibarura rusange rikorwa nyuma ya buri myaka 10 nk'uko biteganywa n'iteka rya Perezida wa Repubulika nimero 02/01 ryo kuwa 07/02/2011.
Posts Related to Rwanda | Rubavu: Abakarani b'ibarura barasabwa kutazatatira indahiro yabo
Abarimu 377 bazabarura mu ibarura rusange rizatangira kuwa 16 kanama 2012, batangiye amahugurwa mu mujyi wa Rwamagana, aho babwiwe ko igikorwa bagiyemo ari gahunda ikomeye ...
Kimwe n'ahandi mu turere tw'u Rwanda, kuva kuri uyu wa 23 Nyakanga 2012, mu Karere ka Rusizi, hatangiye amahugurwa agenewe abakarani b'ibarura rusange rya kane ...
Aya mahugurwa arabera ku ishuri ryisumbuye ry'imyuga rya Ruyenzi (ISETAR) no ku ishuri ryisumbuye ry'ababyeyi ry'i Musambira (ECOSE). Amahugurwa akazamara igihe cy'ibyumweru bibiri. Kimwe n'ahandi ...
Umuyobozi w'akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan aratangaza ko imihigo y'umwaka utaha 2012-2013 izagendana n'ingengo y'imari y'akarere aho guhiga ibitazashoboka. Ibi Sheikh Bahame akaba yabitangaje ...
Mu nama yabereye mu karere ka Nyanza tariki12/03/2012 ihuje umukozi w'ikigo cy'igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR n'ubuyobozi bw'akarere ka Nyanza yatangaje ko ibarura rusange ...
Google+
0 comments:
Post a Comment