Bang Media

Urukundo

Baza Shangazi

Shakisha ku Urwego.com

News of Rwanda: Rwanda | Nyanza: Gutanga raporo yandikishije intoki mu buyobozi bw’inzego z’ibanze bigiye kuba ikizira

News of Rwanda
provides latest updated news related to Rwanda in Kinyarwanda and English . The site has qualified journalists covering Latest rwanda news. Gahiji Innocent is our chief editor who cover rwanda politics news.
Rwanda | Nyanza: Gutanga raporo yandikishije intoki mu buyobozi bw'inzego z'ibanze bigiye kuba ikizira
Jul 22nd 2012, 09:53

U Rwanda ruragenda rurushaho gutera imbere mu ikoranabuhanga muri ryo harimo n'ikoreshwa rya Mudasobwa aricyo gituma gutanga raporo zandikishije intoki n'ikaramu bizagera ubwo biba amateka bikibagirana ndetse byagira naho biba bigafatwa nk'ikizira.

Untitled4 Rwanda | Nyanza: Gutanga raporo yandikishije intoki mu buyobozi bw'inzego z'ibanze bigiye kuba ikizira

Nta n'umwe mu bayobozi b'utugali wahawe Mudasobwa ye atamwenyura

 

Ibyo byagaragaye ubwo mu karere ka Nyanza hatangwaga mudasobwa zigendanwa mu tugari tugize Akarere ka Nyanza tariki 20/07/2012 ndetse binashimangirwa na Murenzi Abdallah umuyobozi w'ako karere ko gutanga raporo zandikishije intoki n'ikaramu bigiye gusigara ari ikizira muri ako karere.

 

Untitled5 Rwanda | Nyanza: Gutanga raporo yandikishije intoki mu buyobozi bw'inzego z'ibanze bigiye kuba ikizira

Zimwe muri za Mudasobwa zahawe abayobozi b'utugali two mu karere ka Nyanza

Murenzi Abdallah atanga izo mudasobwa ku banyamabanga Nshingwabikorwa b'utugari tugize akarere ka Nyanza yavuze ko gutanga raporo zandikishije intoki n'ikaramu muri ako karere ari ikizira kuva aho izo mudasobwa zitangiwe. Mu mvugo ye yabivuze atya: " Gutanga raporo zandikishije intoki bigiye kuba ikizira  muri aka karere"

Yakomeje avuga ko mu tugali nta raporo iyariyo yose izongera kujya yohererezwa ubuyobozi bw'umurenge yandikishijwe intoki. Ati: " Nizeye ko  za nyandiko zitabashaga gusomeka kubera umukono w'intoki n'ikaramu zitazongera kubaho kuko mwese muhawe za mudasobwa zo kwifashisha kugira ngo akazi kanyu karushesho kugenda neza"

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'utugali twahawe izo mudasobwa basabwe kuzifata neza buri gihe cyose bazikoresha bumva ko zikwiye gufatwa neza nk'uko basanzwe bafata ibindi bikoresho bya leta bahabwa mu kazi. Nk'uko Murenzi Abdallah yakomeje abibasaba izo mudasobwa ntabwo zigomba gukoreshwa hagamijwe kuzangiza ahubwo zigomba gufatwa neza bakazirinda ikintu cyose cyazonona.

Asobanura uburyo izo mudasobwa zigomba gufatwa neza yagize ati: " Muri mwe utazi gukoresha mudasobwa abanze areke yigishwe kuyikoresha kugira ngo muhabwe ubumenyi ku mikoreshereze yazo"

Ati: " Utazi gukoresha mudasobwa azaze ku karere abanze yigishwe kuyikoresha kuko bizamufasha kutayangiza bityo itange umusaruro mu kazi  ke ariko hatabayeho kuyihutaza ku bw'impamvu zo kutamenya kuyikoresha"

Mugabo Andrew umunyamabanga Nshingwabikorwa w'akagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ni umwe mubahawe mudasobwa yo gukoresha mu  biro by'akagali ke.

Mu byishimo byisnhi aseka yagize ati: " Ndishimira Mudasobwa nabonye kuko igiye kumfasha by'umwihariko mu kunoza imitangire yanjye ya raporo kandi nzanayifashisha mu gutangira amakuru ku gihe y'ibyabaye mu kagali nifashishije ikoranabuhanga rya interineti.

Mudasobwa zahawe abo banyamabanga Nshingwabikorwa b'utugali tugize karere ka Nyanza zose ni izo bwoko bwa HP bakaba bazibahanye n'ibikoresho byazo byose( Accesoires).

Kuva mu mpera z'umwaka wa 2011 mu karere ka Nyanza utugali 20 kuri 51 tugize akarere nitwo twari dusanzwe dutanga raporo zandikishije Mudasobwa mu gihe utundi tugali 31 twandikishaga raporo intoki n'ikaramu nk'uko Murenzi Abdallah umuyobozi w'akarere ka Nyanza yabyemeje.

 

Posts Related to Rwanda | Nyanza: Gutanga raporo yandikishije intoki mu buyobozi bw'inzego z'ibanze bigiye kuba ikizira

Google+

You are receiving this email because you subscribed to this feed at blogtrottr.com.

If you no longer wish to receive these emails, you can unsubscribe from this feed, or manage all your subscriptions

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment